• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/05/26
Ruhango-Bweramana: Polisi yataye muri yombi uwari wibye asaga Miliyoni na Magana arindwi (1,700,000Fr)
30/05/26
Muhanga: Abantu 9 barimo umugore batawe muri yombi bacukura, bagurisha amabuye y’agaciro bitemewe
30/05/26
ESB Kamonyi: Padiri Majyambere yavuze ku bufatanye bw’Ababyeyi n’ishuri bwatumye hubakwa ibyumba 12 by’ishuri
30/05/26
Kamonyi: Gushaka Ubukire buhutiyeho, kutagira amakuru, ni bimwe mu bituma Urubyiruko rutagana Ubuhinzi

Icyamamare muri Muzika, Davido agiye kujyana mu nkiko ibinyamakuru byamubeshyeye

Umwanditsi
April 3, 2024

Davido, icyamamare muri Afrobeat cyo muri Nigeria, yasabye abanyamategeko be gutanga ikirego nyuma y’ikinyoma gishobora kugaruka abagitanze bagamije gutebya ku munsi wo kubeshya.

Iyo nkuru ibeshya yavugaga ko Davido yatawe muri yombi muri Kenya nyuma y’uko indege ye bwite bayisanzemo ikiyobyabwenge cya “Cocaine”.

Uyu mugabo w’imyaka 31 y’amavuko, wari ushoje ibitaramo muri Uganda na Kenya, yavuze ko iyo nkuru ari impimbano kandi “irimo kutigengesera bikabije”.

Ibyo, nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga byatumye asohora itangazo ku mbuga nkoranyambaga agira ati:“Sinigeze mfatwa n’uwo ari we wese mu gihugu na kimwe ku cyaha na kimwe ku Isi, haba iwacu muri Nigeria, iwacu muri Amerika, cyangwa mu bihugu amagana nagize iwacu mu kazi kanjye”.

Iyo nkuru, yasohotse kuwa mbere ku munsi wo kubeshya, yatangajwe bwa mbere na K24 TV yo muri Kenya, ihita ikwira vuba vuba ku mbuga nkoranyambaga.

Davido, yari amaze gutaramira imbaga y’abantu mu bitaramo byiswe Timeless Concert i Kampala na Raha Fest i Nairobi, avuga ko yahise ahamagarwa n’abantu benshi cyane.

Iki kinyoma cyatumye urwego rukurikirana ibyaha muri Kenya, Directorate of Criminal Investigations (DCI), rugaragaza kuri Twitter ko iyo nkuru ya K24TV ari “Fake News ( inkuru mpimbano)”.

Kuwa kabiri Davido yagize ati: “Ndashaka kubwira abafana banjye ko izo nkuru atari ukuri. Narangije neza ibitaramo byanjye muri Uganda na Kenya kandi nsubira neza iwacu muri Nigeria. Mbona biriya birego bihimbano bigize ibyaha mpuzamahanga kandi birimo kutigengesera bikabije nubwo bwose byitwaje ‘umunsi wo kubeshya’”.

Akomeza agira ati”Umunyamategeko wanjye ari kureba inzira y’amategeko yo kurega ibitangazamakuru byazanye aya makuru ayobya”.

K24 TV ntabwo iragira icyo ivuga ku kuba Davido agiye kwisunga amategeko. Abanyakenya benshi babona icyo kinyoma kitari gikwiye, abandi bavuga ku mbuga nkoranyambaga ko bizeye ko ibi bizakemurwa mu bwumvikane.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5973 Posts

Politiki

4220 Posts

Ubuhinzi

153 Posts

Ubukungu

1056 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga