• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/26
Ngamba-Kwibuka32: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barashima ko gusaba kwabo kumviswe nyuma y’imyaka 32
11/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Urugaga rw’Abikorera/PSF rwiyemeje kubakira abarokotse Jenoside batishoboye, inzu 4
11/05/26
Runda: Abanyerondo 270 barimo Abagore 13 bambitswe impuzankano(Uniform)nshya, basabwa kudakangwa n’Abanyabyaha
11/05/26
Mu itangazamakuru haracyarimo icyuho ku gukora inkuru ku ngengo y’Imari- Fulgence/FOJO

Huye: Polisi yataye muri yombi abakekwaho Ubujura no gutegera abantu mu nzira

Umwanditsi
July 31, 2025

Kuri uyu wa 30 Nyakanga 2025, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Huye ku bufatanye n’inzego z’ibanze hamwe n’Abaturage bo mu Murenge wa Gishamvu na Ngoma, bafashe abasore icyenda(9). Abafashwe, bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’Abaturage, aribyo; Ubujura butobora mazu, Gutega abantu bagenda bakabambura ibyabo n’ibindi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yabwiye intyoza.com ko gufatwa kw’aba bakekwaho ibyo bikorwa bibi bihungabanya Umutekano w’Abaturage byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, Polisi igategura umukwabo wo kubahiga kugira ngo bashyikirizwe amategeko bakurikiranwe.

Avuga ko bimwe mu bikoresho bifashishaga muri ibyo bikorwa bigayitse bakoraga ari Intwaro Gakondo zirimo; Imihoro, Ibyuma, Amatindo n’ibindi.

CIP Hassan, avuga ko Polisi y’u Rwanda ishimira abaturage ku ruhare bakomeje kuyigaragariza batanga amakuru neza kandi bakayatangira ku gihe, ibyo bikaba bifasha mu gukumira no kurwanya ibyaha n’ababikora.

Mu butumwa bwa Polisi, CIP Hassan Kamanzi avuga ko Polisi y’u Rwanda itazihanganira uwo ariwe wese ukora ibinyuranije n’amategeko. Asaba buri wese gukora ibyemewe, ko kandi utazahinduka atazihanganirwa, azafatwa agashyikirizwa amategeko akamukanira urumukwiye.
Aba basore bose uko ari icyenda, bagitabwa muri yombi bahise bajyanwa kuri Sitasiyo ya RIB iherereye mu Murenge wa Ngoma, aho iperereza ku byaha bakekwaho rikomeje kugira ngo hakorwe neza Dosiye bashyikirizwe Amategeko.
Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5962 Posts

Politiki

4210 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1051 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga