• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Minisitiri Dr. Bizimana yibukije abahakana n’Abapfobya Jenoside ko ukuri kw’aya mateka kutazacecekwa 
18/05/26
Kamonyi-EPR/Compassion: Imiryango 15 itishoboye yahinduriwe imibereho igabirwa Inka
18/05/26
Nyarubaka-Kwibuka32: Abantu nka Mukangango nti bazongera kubona umwanya n’ijambo muri iki gihugu cyacu-Visi Meya Uzziel
18/05/26
Kamonyi-EP Gishari: Abagize urwego rwa DASSO baremeye abana 10 bari barataye ishuri(Drop-Out)

Muhanga-Cyeza: Abagabo babiri n’Umugore umwe bafatanywe ibiro bisaga 6 by’Ibiyobyabwenge

Umwanditsi
October 4, 2025

Ku bufatanye n’Abaturage n’Inzego z’Ibanze, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Muhanga yafashe abantu 3 barimo; Abagabo 2 n’Umugore umwe, bose bakekwaho gucuruza, Gukwirakwiza ibiyobyabwenge. Abatawe muri yombi, bafatanywe ibiro birenga 6 by’Urumogi.

Nk’uko CIP Hassan Kamanzi, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo yabitangarije intyoza.com, abafashwe uko ari babatu bafatiwe mu Karere ka Muhanga, Umurenge wa Cyeza, Akagari ka Kigarama ho mu Mudugudu wa Rwinkuba.

Bagifatwa, bahise bajyanwa gufungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamabuye aho Ubugenzacyaha-RIB bwahise butangira iperereza ku byaha bose bakekwaho kugira ngo Dosiye yabo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Umuvugiziwa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, akomeza avuga ko Polisi ishimira Abaturage bakomeje kugira imyumvire myiza yo gutangira amakuru ku gihe kandi neza bagamije gukumira no kurwanya ibyaha bitaraba. Ahamya ko nta gushidikanya ko ibyo bakora bishimangira ko bumva neza inshingano zabo mu kurwanya ibyaha, ko kandi ibyo bimaze kuba ihame mu muryango nyarwanda.

CIP Hassan Kamanzi, araburira buri wese kwirinda gukora ibinyuranyije n’Amategeko by’Umwihariko Gucuruza, Gukwirakwiza no Kunywa Urumogi kubireka kuko byangiza ubuzima bwa baturage by’umwihariko Urubyiruko. Abibutsa ko ibyo ari icyaha gihanwa n’Amategeko ndetse ko nta na rimwe Polisi y’u Rwanda izihanganira uwo ariwe wese uzabifatirwamo. Ati” Gufata abameze batyo kimwe n’undi wese byagaragaraho ni ihame ndakuka kuko bagomba gushyikirizwa Amategeko akabakanira urubakwiye“.
intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5966 Posts

Politiki

4214 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1052 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga