• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
21/06/26
Kamonyi-EXPO: Abaturage barakangurirwa kugera ahabera Imurikabikorwa n’Imurikagurisha/EXPO
21/06/26
Ruhango: Urubyiruko rwasabwe kumenya amateka y’u Rwanda no kugira uruhare mu gukumira ibyaha
21/06/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Umurambo w’umusaza w’imyaka 67 wasanzwe mu cyumba araramo
21/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro cyane ko nta wundi bafite ubibakorera-Guverineri Kayitesi

Nyagatare: Umusore yafashwe akekwaho gutwara ibiyobyabwenge birimo n’urumogi

Umwanditsi
November 12, 2018

Ku bufatanye n’abaturage bo mu murenge wa Karangazi, Akarere ka Nyagatare, kuri uyu wa 10 Ugushyingo 2018 Polisi yafashe umusore witwa Twamugize John w’imyaka24 atwaye moto ifite ibiyiranga RD 823N, ipakiye ibiyobyabwenge.

Uyu musore yafashwe ahetse amakarito 8 y’inzoga yitwa Zebra waragi, Ibilo 10 by’urumogi ndetse na litiro 4.5 za Kanyanga.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba Chief Inspecoto of Police (CIP) Theobald Kanamugire avuga ko kugira ngo uyu Twamugize afatwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bari bazi neza ko ari bunyure mu murenge wa Karangazi ahetse ibiyobyabwenge.

Yagize ati:”Abaturage bakimara kuduha ayo makuru twahise dutegura igikorwa cyo kumufata, moto abapolisi bayihagaritse basanga mu mifuka yari ahetse harimo biriya biyobyabwenge.”

CIP Kanamugire yakomeje agira inama abantu bagifite ingeso mbi yo gukoresha no gukwirakwiza  ibiyobyabwenge kubireka kuko nta mahirwe bazagira.

Yagize ati:”Umusaruro w’ubukangurambaga duhora dukora bwo kurwanya ibiyobyabwenge utangiye gutanga umusaruro, ubu abaturage nibo batwihera amakuru y’abantu bakoresha ibiyobyabwenge bakanabikwirakwiza.”

Akomeza avuga ko ingaruka z’ibiyobyabwenge zirimo urugomo, ihohotera riturutse ku businzi bw’ibiyobyabwenge indwara, n’ibindi….  ari bimwe mu bituma abaturage bamaze kumva neza ingaruka mbi z’ibiyobyabwenge bakihutira gutanga amakuru aho babibonye.

Yakomeje abakangurira gukomeza gutanga amakuru hakiri kare kuko kurwanya ibiyobyabwenge ari uguhozaho.

Uwafatanywe ibiyobyabwenge ndetse n’ibyo yari afite Polisi yabishyikirije urwego rw’ubugenzacyaha(RIB) kugira ngo hakorwe iperereza.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5985 Posts

Politiki

4232 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1058 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga