• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye
15/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
15/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
15/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
15/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye
15/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
15/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
15/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha

SOBANUKIRWA IBINTU BY’ INGENZI BYAGUKOMEZA MU BYO UHURA NABYO ( igice cya 4) 

Umwanditsi
May 28, 2019

Umukozi w’Imana Rev. / Ev. Eustache Nibintije, umunyeshuri wa Patriots Bible University yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, abinyujije muri Minisiteri ye y’ivugabutumwa yise “ Nibintije Evangelical Ministries” asigaye adufasha mu kugabura ijambo ry’Imana nkuko yamuhaye umuhamagaro ikamwuzuza ubwenge bwo kugira ngo agirire abantu benshi umumaro mu gihe gisa n’iki. Uyu munsi yaduteguriye inyigisho zigiye kumara iminsi irindwi( Seminar), inyigishi y’uyu munsi igira iti” Sobanukirwa Ibintu by’Ingenzi byagukomeza mu byo uhura nabyo”. Igice cya 3

Imigani 18:21

“Waba warigeze wumva abantu bavuga bati” URI ICYO WARIYE” ariko ijambo ry’Imana  ryo rikavuga riti” URI ICYO WAVUZE”.

Umukristo ukomeye avuga ijambo k’ ubuzima bwe kandi iryo jambo avugiye k’ ubuzima bwe rigahindura ibintu byose bizengurutse ubuzima bwawe cyangwa ubw’abandi.

Abakristo bakomeye igihe cyose baba bazi icyo ubuzima cyangwa urupfu bivuze kandi ntabwo bapfusha ubusa imbaraga n’ ubushobozi Yesu ashyira muri bo. Umukristo umaze kumenya icyo ari cyo imbere y’ uwamuhamagaye n’ imbere y’ abantu ndetse n’ ibintu bimuzengurutse uko byaba bimeze kose, agera ahantu ho mu buryo bwo mu mwuka ho kuvuga IJAMBO hejuru y’ abantu bose ndetse n’ ibibazo bimuzungurutse cyangwa bizungurutse abandi.

Ariko ubwo bubasha n’ ubushobozi kugira ngo bukore ikintu ni uko aba afite ijambo ry’ Imana muri we kandi ntushobora kurigira utarisoma buri munsi. Kuvuga ijambo rihindura ibintu bihinduka nkaho wapfukamye ugasenga Imana kuri ibyo bibazo.

Iryo jambo uba uvuze n’ Ijambo riba risunitswe n’ ukwizera uba ufite muri wowe kwa kwizera gukuraho imisozi. Igihe cyose uzaba uzungurutswe n’ Ibibazo ndetse byakubujije amahwemo, ntukemere ko Satani agira ijambo rya nyuma( final word).

Niba warakijijwe by’ ukuri ni wowe ufite ijambo rya nyuma kuri ibyo bibazo. Yego ushobora guha umukozi w’ Imana kugufasha bityo akaba ariwe utegeka ibyo bibazo nabyo ni byiza.

“ ARIKO NDAGIRA NGO NKUBWIRE KO NAWE UFITE UBWO BUSHOBOZI MURI WOWE “. Igihe kimwe umwanzi yaje kugerageza Yesu ( Matayo 4:1-11) soma uko yamusubije. Yamusubije akoresheje ijambo ry’Imana gusa.

Igihe Yesu yageze ku giti kitera imbuto ku gihe cyacyo ( Mariko 11:12-14) yakoresheje ijambo gusa. Imana ikoresha ijambo nabwo (Roman 4:17) natwe dukeneye gukoresha ubwo bubasha igihe bibaye ngombwa kandi birahindura byinshi mu buzima bwacu.

Ntabwo bireba ibintu muhanganye nabyo

Vuga “ KUBABARIRWA n’ Imana

Vuga” GUKIRA uburwayi bwawe

Vuga “ kwishyurirwa amadeni

Vuga “ KUBONA imfashanyo

Vuga “ GUTABARWA”

Vuga” KUBONA Akazi

Vuga “ KUBONA “promotion

Vuga” GUHABWA”urugo

Vuga GUHABWA abana

Vuga” AMAHORO kuri wowe, umuryango wawe kandi UVUGE amahoro ku GIHUGU cyawe.

TANGIRA GUKORESHA IJAMBO RY’ IMANA NONAHA BIHINDURE UBUZIMA BWAWE.

Imana iduhe umugisha…!

P.s. Partner, Dukeneye kumva ijambo riva kuri wowe, Ushobora kutwohereza ubutumwa bugufi ukoresheje Email: estachenib@yahoo.com or +14128718098(WhatsApp).

Kandi nabwo niba ari ngombwa ushobora kutugezaho ibyo uhanganye nabyo uyu munsi tube twabafasha kubisengera.

Uri uw’ igiciro kuri twe…..! Imana ikwishimire..!

Iri jambo murarigezwaho na 

NIBINTIJE EVANGELICAL MINISTRIES INTERNATIONAL 

            (NEMI)

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5797 Posts

Politiki

4048 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga