• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/04/26
Runda-Kwibuka32: Inkotanyi ni Ubuzima, tuzahora dushimira Umutima w’Urukundo n’Ubwitange-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Rugalika-Kwibuka32: Dufite Umutima wuzuye Icyizere n’Imbaraga zo gukomeza kubaho-Benedata Zacharie
19/04/26
Rugalika/Kwibuka32: Imbaraga z’Ingabo zatsinze Abajenosideri ziracyahari kandi zikubye kenshi-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Itangazo ry’Inyandiko Imenyesha Imikirize y’Urubanza Ahatazwi

Ghana/Covid-19: Abaturage bazishyurirwa amazi, abaganga bongererwe 50% by’umushahara wabo

Umwanditsi
April 6, 2020

Leta y’Igihugu cya Ghana, yemeye ko izishyurira amazi abaturage bayo mu gihe cy’amezi atatu gitangirana n’uku kwezi kwa kane. Abaganga bahanganye n’iki cyorezo cya CoronaVirus, bakongererwa 50% by’umushahara wabo. Ni ibyatangajwe na Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana kuri uyu wa 05 Mata 2020.

Mu ijambo ry’Umukuru w’Igihugu cya Ghana, Nana Akufo-Addo ryaciye kuri Televiziyo y’Igihugu kuri iki cyumweru, yavuze ko abaturage bazishyurirwa amazi mu gihe cy’amezi atatu, abakozi bo mu rwego rw’ubuzima bose bahanganye n’icyorezo cya Covid-19 ku mushahara wabo bakazongererwa 50% kandi bagasonerwa umusoro ku mishahara yabo mu mezi atatu uhereye muri uku kwezi kwa Kane.

Perezida Akufo-Addo, yavuze ko ibi ari ibyemezo bigamije gufasha abantu guhangana n’ingaruka mu by’ubukungu z’izi ngamba zo kurwanya icyorezo cya CoronaVirus.

Nkuko BBC dukensha iyi nkuru ibivuga, mu cyumweru gishize, Ghana yafashe ingamba zo kurwanya ikwirakwira ry’iyi ndwara. Muri izo ngamba harimo nko guhagarika ubuzima busanzwe (lockdwon) mu mijyi ya Accra, Tema na Kumasi aho iyi virus yiganje mu gihugu.

Uretse ibi kandi, Kompanyi igurisha amashanyarazi muri iki gihugu nayo yategetswe kutagira umuturage ikuriraho amashanyarazi muri iki gihe gikomeye cyakuruwe n’iki cyorezo cya CoronaVirus. Yanategetse kandi iki kigo gitanga Umuriro ndetse n’Igitanga amazi ko yaba umuriro n’amazi bidakwiye kubura muri ibi bihe.

Mu gihugu cya Ghana, kugeza kuri iki cyumweru hari hamaze kuboneka abanduye icyorezo cy’indwara ya CoronaVirus 214. Muri aba, batanu imaze kubahitana, mu gihe batatu bayikize. Gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune ni bumwe mu buryo bukomeye abahanga bavuga ko bukwiye gukoreshwa mu kwirinda CoronaVirus.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5950 Posts

Politiki

4198 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga