• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
14/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
14/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
14/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
14/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
14/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
14/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
14/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Perezida Magufuli yasutse amarira mu gihe yasezeraga bwa nyuma kuri Benjamin Mkapa

Umwanditsi
July 28, 2020

Umukuru w’Igihugu wa Tanzania John Pombe Magufuli ubwo kuri uyu wa 28 Nyakanga 2020 yari mu muhango wo gusezera Benjamin William Mkapa wayoboye iki gihugu kuva mu 1995-2005, kwihangana byamunaniye afatwa n’ikiniga, asuma amarira ubwo yagezaga ijambo ku mbaga yitabiriye uyu muhango. Avuga ko urupfu rwa Mkapa, ari igihombo kitagiranakagero kuri we, aho amwita ko yari “intwari ye”.

Perezida Mkapa niwe wagejeje Magufuli ku rwego rukomeye rwa politike ubwo yamugiraga icyegera cya Minisitiri mu 1995, nyuma amugira Minisitiri wuzuye mu mwaka wa 2000.

Kuri uyu wa kabiri nibwo habaye umuhango wo kumusezera ku rwego rw’igihugu ku murwa mukuru w’ubucuruzi wa Dar es Salaam, mbere y’uko umurambo we ujyanwa mu ntara y’amavuko ya Mtwara.

Igihe Perezida Magufuli yarimo ageza ijambo ku mbaga y’abaje gusezera, yagaragaye asuka amarira, aho avuga ko Nyakwigendera Mkapa ari we wamugize uwo ariwe ubu.

Mu kwihanagura amarira, Perezida Magufuli yagize ati: “Iyo ataba mutama/umusaza Mkapa, simba ndi hano ubu. Umutama Mkapa ni intwari yanjye, n’igihe nabaga ndi mu bibazo bindemereye, ntiyigeze antererana. Yarandeze nk’umwana we”.

Magufuli yashimagije kandi nyakwigendera Mkapa nk’umuyobozi wamanye ubushobozi budasanzwe bwo kuzamura abandi bayobozi. Ati “…twavuga ko yari umuntu abona/areba kure cyane, ni we wangejeje ku rwego runini. Niwe yagennye Jakaya Kikwete ngo abe Minisitiri w’ububanyi n’amahanga mu gihe cy’imyaka 10, aho ushobora kubona ko yarimo aramutegura kumusimbura. Ni nawe washoboye no kuzamura Perezida Shein wa Zanzibar, cyo kimwe n’uwiyamamaje ku giti cya CCM muri Zanzibar, Dr. Mwinyi”.

Ibi yagejeje ku bitabiriye umuhango wo gusezera Nyakwigendera Mkapa, BBC dukesha iyi nkuru itangaza ko yabikoze mbere y’uko kajugujugu y’igisirikare cya Tanzania itwara umurambo wa Benjamin William Mkapa iwuvana mu mujyi wa Dar es Salaam iwerekeza i Masasi mu ntara ya Mtwara, aho azashyingurwa ku munsi w’ejo tariki 29 Nyakanga 2020.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga