• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/03/26
Umuco wacu muwurinde ico-Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa
03/03/26
Kamonyi: Hatangijwe gahunda yihariye, idasanzwe yahawe izina,“ TUGANIRIRE MU MUDUGUDU”
03/03/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage
03/03/26
Kamonyi: ½ cy’Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi

Museveni yemejwe n’ishyaka NRM kuzarihagararira mu matora y’umukuru w’Igihugu

Umwanditsi
July 28, 2020

Ishyaka NRM riri ku butegetsi muri Uganda, kuri uyu wa 28 Nyakanga 2020 ryemeje ko umukuru waryo Yoweri Kaguta Museveni ariwe uzarihagararira mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe umwaka utaha.

Kwemezwa kwa Perezida Museveni kuba ariwe uzahagararira ishyaka NRM mu matora y’umukuru w’Igihugu, si ikintu gitunguranye kuko umunyamabanga mukuru w’iri shyaka yri aherutse kuvuga ko muri iryo shyaka nta muntu wagaragaje ubushake bwo guhatana na Perezida Museveni.

Kuri Twitter, Perezida Museveni w’imyaka 75 ugiye kwiyamamariza manda ya gatandatu, yahise avuga ko “mu gihe nyacyo, azatangaza gahunda ye n’imigabo n’imigambi afite“.

Mu kwezi kwa 11 biteganyijwe ko komisiyo y’amatora ari bwo izemeza ‘kandidatire‘ z’abashaka guhatanira iyi ntebe y’umukuru w’Ibihugu.

Perezida Museveni amaze imyaka 34 ku butegetsi. Aramutse yiyamamaje akongera gutorwa, azaba yemerewe gutegeka indi myaka itanu, yabishaka agahatanira indi kuko mu 2017 itegekoshinga ryavanyeho manda ntarengwa ku mukuru w’Igihugu.

Nubwo andi mashyaka ataratangaza abazayaserukira mu matora, gusa byitezwe ko ushobora kuzahangana bikomeye na Museveni ari umunyamuziki n’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine.

Kubera icyorezo cya coronavirus, Leta ya Uganda yategetse ko ibikorwa byo kwiyamamaza bitagomba kuba mu buryo busanzwe, abiyamamaza bagomba gukoresha amaradiyo na televiziyo gusa.

Mu gihe radiyo arizo benshi bageraho, BBC itangaza ko ishyaka riri ku butegetsi rifite amahirwe, ugereranyije n’uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi, kuko radiyo nyinshi zifitwe n’abantu bo mu ishyaka rya NRM.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5933 Posts

Politiki

4182 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1042 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga