• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/03/26
Umuco wacu muwurinde ico-Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa
03/03/26
Kamonyi: Hatangijwe gahunda yihariye, idasanzwe yahawe izina,“ TUGANIRIRE MU MUDUGUDU”
03/03/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage
03/03/26
Kamonyi: ½ cy’Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi

Uburyarya, akarengane k’ubutegetsi bwa Trump byateye uburwayi bw’agahinda gakabije Muka Obama

Umwanditsi
August 6, 2020

Michelle Obama, umugore wa Barack Obama wahoze ari Perezida wa Amerika, yavuze ko afite uburwayi “bw’agahinda gakabije bwo ku cyiciro cyo hasi” kubera iki cyorezo, akarengane gashingiye ku ivanguramoko “n’uburyarya” bw’ubutegetsi bwa Trump.

Michelle Obama, avuga ko kubasha kugenzura “imbamutima” bisaba “kwimenya ubwawe” no kumenya “ibintu bigutera kwishima”.

Madamu Obama, avuga ko bitandukanye na mbere, ubu amaze igihe agorwa no gukora imyitozo ngororamubiri bihoraho ndetse no gusinzira. Ati: “Nkanguka hagati mu ijoro kubera ko hari ikintu kimpangayikishije cyangwa numva ndemerewe”.

Yavuze ibi mu gice cya kabiri cy’ibiganiro bye ashyira kuri podcast, aho yariho aganira n’umunyamakuru Michele Norris wo muri Amerika. Yongeraho ati: “Ibi ntabwo, ntabwo ari ibihe bishimishije mu ntekerezo, ndabizi neza ko ndi kurwana n’agahinda gakabije ko ku cyiciro cyo hasi. Bidatewe gusa no kuguma mu rugo, kubera n’akaga k’ivanguramoko, no kubona umunsi ku wundi ubu butegetsi, bufite uburyarya buteye umujinya”.

Madamu Obama, yavuze kandi ko biteye agahinda kuba “tubyukira ku nkuru y’umugabo w’umwirabura cyangwa umwirabura, wambuwe agaciro, wababajwe, wishwe, cyangwa wabeshyewe ikintu runaka”.

Agira kandi ati: “Ibi byandemereye umutima mu buryo ntigeze numva mu buzima bwanjye, mu gihe runaka”.

Gusa yavuze ko “kugira gahunda” ari ingenzi cyane mu guhangana n’intekerezo nk’izo – ko no kugira ibintu agomba gukora buri munsi kuri gahunda byamufashije cyane muri iki gihe cy’icyorezo.

Mu gice cya mbere cy’ibi biganiro bye, nkuko BBC ibitangaza, Michelle Obama yagiranye ikiganiro n’umugabo we Barack Obama, wasimbuwe na Donald Trump.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5933 Posts

Politiki

4182 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1042 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga