• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/06/26
Amajyepfo: Polisi iragira iti“ Ntabe ari Njye urebera abakora ibinyuranyije n’Amategeko…, ibyaha”
11/06/26
Kamonyi-Nyamiyaga: Yaguwe gitumo arimo gusambanya ufite uburwayi bwo mu mutwe
11/06/26
Imodoka y’Ibitaro bya Remera Rukoma yahitanye ubuzima bw’Umuntu abandi barakomereka
11/06/26
Paris: Ibyo wamenya kuri Dr Eugène Rwamucyo watangiye Ubujurire ku byaha bya Jenoside

DRC: Imirambo ya mbere y’abantu 50 bahitanwe n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro yatangiye kuboneka

Umwanditsi
September 14, 2020

Iyi mpanuka yabaye ku wa gatanu mu mujyi wa Kamituga, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nko mu birometero 270 mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’umurwa mukuru w’akarere ka Bukavu. Yatewe n’ikirombe gicukurwamo zahabu cyuzuye amazi y’imvura kikaridukira abakirimo.
Abashinzwe ubutabazi batangiye kubona imirambo ya mbere yabahitanywe n’uyu mwuzure, Abatangabuhamya bavuga ko imvura idasanzwe yaguye yatumye uruzi rwari hafi y’ikirombe rwuzura.

Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo, Theo Ngwabidje Kasi, yavuze ko izi mpfu zibabaje z’abantu 50, abenshi muri bo bakaba ari bato”. Icyakora, umuyobozi wa Kamituga, Alexandre Bundya, yagize ati “ntituramenya neza umubare nyawo” wabahitanywe n’uyu mwuzure.

Perezida Felix Tshisekedi yavuze ko “ababajwe cyane n’urupfu rw’aba bantu” anasaba guverinoma “gufata ingamba zikomeye kugira ngo ayo makuba atazongera ukundi.” Umuturage wo muri ako gace, Jean Nondo Mukambilwa, yabwiye AFP ko kugeza ubu habonetse umurambo umwe gusa.

Muri Kamena 2019, byibuze abagabo 39 bapfuye igihe ikirombe cy’amabuye y’agaciro i Kolwezi, mu majyepfo y’uburasirazuba bw’akarere ka Katanga cyasenyukaga.

Kongo ifite ububiko bunini bwa zahabu, cobalt, umuringa na coltan. Nicyo gihugu kinini ku isi gikora cobalt, gikomeye mu gukora bateri zikoreshwa muri terefone zigendanwa n’imodoka zikoresha amashanyarazi.
Source:Africanews

Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5981 Posts

Politiki

4228 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga