• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
12/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
12/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
12/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
12/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
12/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
12/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
12/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
12/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Ubufaransa burashinjwa na ONU kwica abasivile bari bibereye mu bukwe muri Mali

Umwanditsi
March 31, 2021

Igitero cy’indege cy’Ubufaransa cyishe abaturage b’abasivile 19 n’abagabo batatu bitwaje intwaro mu bukwe bwabereye muri Mali mu kwezi kwa mbere, nkuko raporo y’umuryango w’abibumbye (ONU/UN) ibivuga.

Minisiteri y’ingabo y’Ubufaransa yabihakanye, ivuga ko icyo gitero cy’indege cyo ku itariki ya gatatu y’ukwezi kwa mbere uyu mwaka cyagambiriye “umutwe w’iterabwoba witwaje intwaro”.

Ubufaransa bufite abasirikare 5,100 mu karere ka Sahel Mali iherereyemo, barwanya intagondwa ziyitirira idini ya Islam zikorana n’umutwe wa al-Qaeda n’umutwe wiyita leta ya kisilamu (IS).

ONU yakoze iperereza nyuma yuko abahatuye bavuze ko indege ya kajugujugu y’Ubufaransa yarashe ku bantu bari bari mu bukwe hafi y’icyaro cya Bounti rwagati muri Mali.

Iperereza ryasanze ubukwe bwarabaye kandi “hari hari abantu hafi 100 aho igitero cyabereye”, nkuko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru AFP bisubiramo amagambo yo muri iyo raporo ya ONU.

Abantu hafi batanu bitwaje intwaro, byibazwa ko bari abayoboke b’umutwe w’intagondwa ukorana na al-Qaeda, na bo bitabiriye ibyo birori by’ubukwe, nkuko raporo ibivuga.

Raporo ya ONU nkuko BBC ibitangaza, igira iti: “Itsinda ryagizweho ingaruka n’ibitero ahanini ryari rigizwe n’abasivile bakaba ari abantu barindwa n’amategeko mpuzamahanga”.

Yongeyeho iti: “Icyo gitero cy’indege gituma hagirwa impungenge zikomeye ku iyubahirizwa ry’amahame agenga imyitwarire yo mu gihe cy’imirwano”.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga