• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/03/26
Umuco wacu muwurinde ico-Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa
03/03/26
Kamonyi: Hatangijwe gahunda yihariye, idasanzwe yahawe izina,“ TUGANIRIRE MU MUDUGUDU”
03/03/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage
03/03/26
Kamonyi: ½ cy’Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi

Abazungu n’Imbwa zabo batabawe mbere y’abirabura mu gitero cy’abiyitirira idini ya Islam muri Mozambike

Umwanditsi
May 14, 2021

Ishyirahamwe mpuzamahanga riharanira uburenganzira bwa muntu-Amnesty International rivuga ko abatabazi bitwararitse cyane ku bazungu n’imbw zabo mu gihe habaga igitero cy’abitwaza idini rya Islam mu kwezi kwa gatatu muri Mozambike.

Ni imbwa ebyiri zatabawe zisiga abantu muri Hoteli aho bahungiye nk’uko abarokotse babibwiye abaharanira uburenganzira bwa muntu. Uyoboye ishyirahamwe Amnesty International muri ako karere, Deprose Muchena yavuze ko ibyo bibabaje kubona umugambi wo gutabara wari ushingiye ku iangura ruhu, aho abakozi b’abazungu bitaweho kuruta abandi.

Amnesty, ivuga ko yavugishije abarokotse 11 muri 220 bari muri iyo hoteli, harimo batanu bahatswe kwicwa igihe barimo bagerageza guhunga. Umwe mu barokotse yabwiye amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu ati:”Twari abantu nka 220 muri iyo hoteli – abirabura twari benshi, abazungu bari nka 20. Nyuma y’igikorwa cyo gutabara no gutoroka twasigaye turi nk’ 170 tugikomeye. Abazungu bose bari bamaze gutwarwa na za kajugujugu, mbere y’uko natwe tuhava hakoreshejwe imodoka”.

Amnesty nkuko BBC ibitangaza, yasanze abasigaye nyuma bakagerageza kuva muri iyo hoteli bakoresheje imihanda baragabweho ibitero. Yahamagariye ko hakorwa iperereza kuri “ibyo bivugwa biteye akababaro”.

Muchena yagize ati:”Guheba/kureka abantu igihe hari igitero cy’abitwaje ibigwanisho kubera gusa uruhu rwabo, ni amacakubiri, kandi binyuranije n’itegeko ryo gukingira abasivile.”

Kompanyi yigenga ya Dyck Advisory Group, yari muri icyo gikorwa cyo gutabara, yabwiye ibiro ntaramakuru bya AFP ko “ibyo bivugwa nta kuri kurimo” – yongeraho ko ishobora kuza gusohora itangazo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5933 Posts

Politiki

4182 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1042 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga