• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/07/26
Gisagara: Polisi yasabye abaturiye umupaka w’u Burundi kwirinda ibyaha byambukiranya imipaka
15/07/26
Kamonyi-ESB: Hatangirijwe Ibizamini bya Leta ku bana b’uwa 3 n’uwa 6
15/07/26
Kamonyi: Abarerera mu ishuri“Legacy Academy” barishimira Uburezi n’Uburere bihabwa abana babo
15/07/26
Gisagara-Save: Hamenwe Litiro zirenga 3,000 z’inzoga zitujuje ubuziranenge

Kamonyi-Nyamigaya: Umugabo yishwe nabi

Umwanditsi
December 18, 2024

Nta rupfu rwiza rubaho ariko kandi hari uruza ukarubona mu isura mbi kurusha izindi. Ahagana ku i saa moya z’uyu wa Gatatu tariki 18 Ukuboza 2024, mu Mudugudu wa Rwezamenyo, Akagari ka Kidahwe, Umurenge wa Nyamiyaga, umugabo witwa Mutarambirwa Théoneste w’imyaka 70 y’amavuko, wari Umujyanama w’Ubuhinzi yishwe na Nizeyimana Saveri w’imyaka 42 y’amavuko, akoresheje icyuma n’amabuye.

Bamwe mu baturage b’aho ibi byabereye, babwiye intyoza.com ko uwishwe yatewe icyuma, atemwa mu muhogo, anahondeshwa amabuye mu mutwe no mu musaya ku buryo wagira ngo ni imodoka yamuciyeho( Ifoto irahari ariko si iyo kwerekanwa). Biranavugwa ko no kubugabo yahageze.

Hari abavuga ko uyu wishe Nyakwigendera yaba afite ubumuga(uburwayi) bwo mu mutwe, ariko abandi bakabihakana bivuye inyuma bavuga ko ibyo ari amatakirangoyi yazanywe nyuma yo gutabwa muri yombi kuko uyu ari umuntu usanzwe akoresha abakozi akabahemba, akaba kandi ari n’umuntu usanzwe ucuruza kandi agatanga Serivise mu buryo bugaragarira buri wese ko nta kibazo afite.

Uwamwishe, yamaze gutabwa muri yombi ndetse n’ibimuranga intyoza.com twabashije kubibona ariko kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru nta muyobozi mu nzego z’ibanze muri aka gace twabashije kubona ngo agire icyo atubwira, yemwe n’uwo twavuganye wasangaga adashaka kugira icyo abivugaho ariko akavuga ko biteye ubwoba.

Amakuru intyoza.com dufite agaragaza ko Irangamuntu yasanganywe uyu ukekwaho kwica nyakwigendera, imyirondoro iriho idahuye n’imyirondoro yatanzwe. Gusa na none, amakuru ni uko uwishwe n’uwamwishe bivugwa ko bari abaturanyi nubwo imvano y’uru rupfu cyangwa icyo bapfuye bitaramenyekana.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5997 Posts

Politiki

4243 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1063 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

161 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga