Muhanga: Abantu 9 barimo umugore batawe muri yombi bacukura, bagurisha amabuye y’agaciro bitemewe
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Kabacuzi, kuri uyu wa 25 Gicurasi 2026 yataye muri yombi abantu 9 barimo n’Umugore umwe. Abatawe muri yombi, batanu bafatanywe amabuye y’agaciro angana na Toni imwe n’ibiro 123, mu gihe abandi bane bafatiwe mu birombe bacukura mu buryo butemewe n’amategeko.
CIP Hassan Kamanzi, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo yabwiye intyoza.com ko Operasiyo yo gufata aba bantu uko ari icyenda yakozwe ku bufatanye bwa Polisi n’izindi nzego ndetse n’abaturage, bakomeje ibikorwa bigamije gukumira ibyaha.
Avuga ko aba batanu bafashwe, banakekwaho gushora urubyiruko mu bikorwa bigayitse by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko. Amabuye y’Agaciro bafatanywe ni Coltan na Gasegereti bingana na Toni imwe n’ibiro 123, mu gihe 4 bafatiwe mu birombe.
Avuga kandi ko, Abafashwe ndetse n’ibyo bafatanwe bari kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kiyumba aho Ubugenzacyaha bwatangiye kubakurikirana.
CIP Hassan, avuga ko Polisi ishimira byimazeyo abaturage bakomeje kwimakaza muri bo umuco mwiza wo gutangira amakuru ku gihe kandi vuba hagamije gukumira ibyaha, ibi bikaba bigaragaza ko bamaze gusobanukirwa ko umutekano ari inshingano rusange.
Polisi kandi, iributsa abo bake bakishorara mu bikorwa bigayitse bigamije guhungabanya umutekano n’ituze by’abaturage kubireka kuko amayeri bakoresha Polisi ikomeje kuyatahura, bityo uwariwe wese uzajya abikinisha azajya afatwa ashyikirizwe Ubugenzacyaha/RIB, amategeko yubahirizwe.
Gucukura, gutunganya, cyangwa gucuruza amabuye y’agaciro nta ruhushya bihanwa n’Itegeko N° 58/2018 ryo ku wa 13/08/2018 rigenga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri (cyane cyane mu ngingo yaryo ya 54).
Théogène Munyaneza
No Comment! Be the first one.