Amajyepfo: Polisi iragira iti“ Ntabe ari Njye urebera abakora ibinyuranyije n’Amategeko…, ibyaha”
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo ikomeje ibikorwa by’Ubukangurambaga bugamije gukumira no kurwanya ibyaha. Ku bufatanye n’Abaturage, Inzego z’ibanze, RIB na MIGEPROF, hatangijwe ubukangurambaga bufite Insanganyamatsiko igira iti“ Muturarwanda, fata iyambere mu gukumira ibyaha birimo; Ubujura bw’Amatungo n’Imyaka, Gusambanya abana, Ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse n’Ibinyobwa bitujuje ubuziranenge. Ntabe ari njye urebera abakora ibinyuranyije n’Amategeko ngo nceceke kuko nasobanukiwe ko gucunga Umutekano ari inshingano rusange”.
CIP Hassan Kamanzi, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo yabwiye intyoza.com ko igikorwa cya mbere cy’ubu bukangurambaga cyatangiriye mu Karere ka Huye, gikomereza Gisagara na Muhanga, aho none gikorewe muri Kamonyi, Umurenge wa Musambira ndetse kikazakomereza mu tundi turere dusigaye tw’Intara y’Amajyepfo. 
Ni ubukangurambaga bwitabiriwe n’Umuyobozi w’Umurenge wa Musambira, Madame Christine Nyirandayisabye, Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Kamonyi, SP(Superintendent) Habiyakare Jean Damascene, Umuhuzabikorwa wa Polisi n’abaturage mu Ntara y’Amajyepfo, SP Halima Nyirimpuhwe, aho bose bashimiye abaturage uruhare rwiza bakomeje kugira mu gucunga umutekano, barara Amarondo, batangira Amakuru ku gihe kandi vuba, bigaragazo ko bamaze gusobanukirwa neza ko Umutekano ariwo musingi w’iterambere.
CIP Hassan Kamanzi wari aho iki gikorwa cy’Ubukangurambaga cyabereye, avuga ko Abaturage bibukijwe kurushaho kunoza no gukomeza ubufatanye bafitanye na Polisi mu gukumira no kurwanya ibyaha, bibutswa kandi ko ari ubufatanye bushingiye ku Indangagaciro na za Kirazira by’Umuco Nyarwanda no gukomeza ku zirikana ko Umutekano ari Inshingano ya buri wese.

Muri ubu bukangurambaga, Abayobozi baboneyeho kunenga bamwe mu bakomeje kwishora mu bikorwa bitemewe bigamije guhungabanya umutekano n’ituze by’abaturage, basaba buri wese ubirimo ndetse n’ubitekereza guhita azibukira burundu kuko nta na hamwe yakorera ibigize icyaha ngo acike Polisi n’Abaturage. Babwiwe ko Polisi ihora iri maso, ko uzajya abifatirwamo azajya ashyikirizwa Ubugenzacyaha/RIB, Amategeko agakora akazi kayo.


Théogène Munyaneza
No Comment! Be the first one.