• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/06/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Umurambo w’umusaza w’imyaka 67 wasanzwe mu cyumba araramo
16/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro cyane ko nta wundi bafite ubibakorera-Guverineri Kayitesi
16/06/26
Amajyepfo: Polisi iragira iti“ Ntabe ari Njye urebera abakora ibinyuranyije n’Amategeko…, ibyaha”
16/06/26
Kamonyi-Nyamiyaga: Yaguwe gitumo arimo gusambanya ufite uburwayi bwo mu mutwe

Kamonyi-Gacurabwenge: Umurambo w’umusaza w’imyaka 67 wasanzwe mu cyumba araramo

Umwanditsi
June 16, 2026

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 14 Kamena 2026, umusaza witwa Abegayire Vedaste w’imyaka 67 y’amavuko wari utuye mu Mudugudu wa Nyamugari, Akagari ka Nkingo, Umurenge wa Gacurabwenge, yasanzwe mu cyumba yararagamo wenyine yapfuye.

Amakuru agera ku intyoza.com ni uko uyu musaza Abegayire Vedaste yararaga mu cyumba cye wenyine nyamara agifite umukecuru babana ndetse basezeranye, ariko kubera impamvu z’Amakimbirane bari bafitanye ashingiye ku mitungo buri wese akaba yararaga ukwe.

Umugiraneza Marthe, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gacurabwenge yabwiye intyoza.com ko amakuru y’uyu musaza ari ukuri ko ndetse nk’ubuyobozi bayamenye ariko ko nyuma umurambo w’uyu musaza Abegayire wajyanywe kwa muganga ngo upimwe.

Andi makuru intyoza.com yamenye iyakuye muri bamwe mu baturage ba hafi b’uyu muryango wabanaga mu makimbirane kugera n’ubwo umusaza n’umukecuru bananiwe gusangira uburiri, umwe akajya arara ukwe, ni uko uyu musaza mu bihe bishize ngo yagiye mu buyobozi avuga ko ashaka kwaka Gatanya kuko ngo yabonaga atitaweho n’umukecuru basezeranye kubana, ndetse ko ngo amuheza ku mitungo bafitanye.

Amakuru kandi agera ku intyoza.com ni uko uyu musaza yasaga n’uwahawe akato n’uwo bashakanye ku buryo no kumugaburira byari ikibazo, ntacyo amukorera na kimwe nk’uwo basezeranye ndetse bafitanye imitungo kugeza n’ubwo umusaza ngo yitekeraga cyangwa se agatungwa n’amandazi, Capati n’ibishyimbo.

Amakuru intyoza.com igishakisha ni uko nyuma yo gushoberwa ndetse akaza no kuganirizwa n’abana be bamusabaga kutajya kwaka Gatanya ko ahubwo bazajya bamufasha, ngo yahisemo kujya gutanga ikirego muri sisitemu ariko atabarutse bitunguranye.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

No Comment! Be the first one.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5983 Posts

Politiki

4230 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga