• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: The Brothers F.C yatsinze Arsenal 3-2 mu mukino wo Kwibuka abari Abasiporutifu
03/05/26
Nyarubaka-Kwibuka32: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bunamira kandi bashyira indabo ahiciwe abana basaga 100
03/05/26
Itangazo ryo guhinduza amazina ya Nyiracumi Theodosie
03/05/26
Karama-Kwibuka32: Kuba muriho uyu munsi ni igihamya cy’uko umwijima utigeze uzimya Urumuri rwanyu-Zacharie/Ibuka

Igisirikare cya Amerika cyasezeye Perezida Obama ucyuye igihe 

Umwanditsi
January 5, 2017

Igisirikare cya Amerika cyasezeye Perezida Obama ucyuye igihe Mu gihe habura iminsi mike ngo Perezida Barack Obama ave ku ntebe y’ubuyobozi bwa Amerika, yakorewe ibirori birimo akarasisi gakomeye ashimirwa imirimo myiza yakoreye igihugu.

Perezida Barack Hussein Obama atambuka imbere y’Igisirikare.

Ibirori byo gushimira no gusezera Perezida Barack Hussein Obama ucyuye igihe ku kazi keza yakoreye igihugu, byabaye kuri uyu wa gatatu tariki ya 4 Mutarama 2017 aho yanambitswe umudari w’ishimwe.

Perezida Obama yambikwa umudari w’ishimwe.

Perezida Obama, ubwo yafataga ijambo abwira abari mu muhango w’ ibirori bimusezera, yashimye cyane imikorere myiza iranga igisirikare cya Amerika. Yashimye ubwitange n’umurava by’iki gisirikare abasaba gukomeza gukorera hamwe, gukunda umurimo bakora ndetse no kuzakorana neza n’ugiye kumusimbura.

Perezida Obama yagize ati:” Nizeye ndashidikanya ko mugiye gukomeza kuba abo muri bo mukora imirimo yanyu uko bikwiye muri iki gihe mugiye kubona andi maraso mashya”.

Perezida Barack Obama ageza ijambo ku mbaga y’abasirikare bitabiriye umuhango wo kumusezera.

Perezida Barack Houssein Obama, yagaragaje ko afite icyizere gikomeye cy’ejo hazaza ha Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Iki cyizere ngo akaba agishingira ku kuba ingabo z’iki gihugu ziha agaciro amategeko kandi zikaba zikora akazi kazo mu buryo bwa kinyamwuga zigendera ku kuri kandi zikaba zubahiriza cyane ibikubiye mu itegeko nshinga ry’igihugu.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5957 Posts

Politiki

4205 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga