• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: The Brothers F.C yatsinze Arsenal 3-2 mu mukino wo Kwibuka abari Abasiporutifu
04/05/26
Nyarubaka-Kwibuka32: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bunamira kandi bashyira indabo ahiciwe abana basaga 100
04/05/26
Itangazo ryo guhinduza amazina ya Nyiracumi Theodosie
04/05/26
Karama-Kwibuka32: Kuba muriho uyu munsi ni igihamya cy’uko umwijima utigeze uzimya Urumuri rwanyu-Zacharie/Ibuka

Umupolisi w’u Rwanda yirashe ahita apfa

Umwanditsi
August 8, 2017

Umupolisi wo ku rwego rwa Ofisiye mu bapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Centre Afrique, yirashe tariki ya 3 Kanama 2017 ahita apfa.

SP Emmanuel Musabe, umupolisi wo ku rwego rwa Ofisiye mu gipolisi cy’u Rwanda ubwo yari mu butumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye mu gihugu cya Centre Afrique, yirashe ahita ahasiga ubuzaima.

Amakuru y’urupfu rwa SP Emmanuel Musabe yemejwe kandi na Polisi y’u Rwanda. ACP Theos Badege, umuvugizi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yagize ati” Polisi y’u Rwanda ibabajwe no gutangaza urupfu rw’umupolisi wayo, wari mu bagize umutwe w’abapolisi boherejwe mu butumwa bw’amahoro bwa Loni mu gihugu cya Centrafrika (MINUSCA).”

Uwitabye Imana ni Superintendent Emmanuel Musabe bikekwa ko yirashe agapfa ku gica munsi cyo ku wa 3 Kanama 2017.

Polisi y’u Rwanda, MINUSCA n’izindi nzego bireba muri Centrafrika batangije iperereza rigamije kugaragaza ukuri ku byabaye, imvano y’ibi byago ndetse no gufata ingamba zikwiye kuri iki kibazo.”

Kuri iki kibazo cy’urupfu rw’uyu mupolisi w’u Rwanda wapfuye yirashe aho yari mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango w’abibumbye, uretse iperereza Polisi y’u Rwanda itangaza ko ryatangiye, Polisi itangaza kandi ko umuryango wa nyakwigendera wamenyeshejwe iby’uru rupfu.

 Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

2 Comments

  1. gatesi charlotte says:
    August 10, 2017 at 7:24 am

    twihanganishije umuryango wuyu mupolice uko meze kwihangana ,police yacu mubushobozi bwayo twizera izakore iperereza hamenyekane icyatumye yirasa.

  2. Ntaganda Elvis says:
    August 10, 2017 at 7:43 am

    Ni akababaro rwose, Igihugu n’umuryango we batakaje umuntu w’ingira kamaro ariko nta kundi , umuryango we ukomeze kwihangana muri ibi bihe bikomeye. Ariko iperereza rikorwe kuri uru rupfu rwose.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5957 Posts

Politiki

4205 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga