• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
20/12/25
Umuyobozi wa Polisi, IGP, CG Felix Namuhoranye ntiyumva uburyo Akarere gatwara imodoka yahembwe Umurenge
20/12/25
Kamonyi: Uburenganzira bw’Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee
20/12/25
Igishoro cy’Ibihumbi 450 cyahesheje Umunyamahirwe wa FORTEBET gutsindira hafi Miliyoni 2,5 y’u Rwanda
20/12/25
Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo

Kigali: Yahanuriwe n’abarokore bamwangisha umugabo ubukwe burapfa

Umwanditsi
December 23, 2017

Kuri uyu wa gatandatu tariki 23 ukuboza 2017 umusore n’inkumi biteguraga gushyingirwa mu rusengero rwa ADEPR ku Muhima, ubukwe bwapfuye. Inkuru mbi yageze ku musore ko umukobwa yahanuriwe n’abarokore agahitamo kumucika.

Ubukwe bw’umusore n’inkumi basengera muri ADEPR ku Muhima, bwapfuye buzira abahanuzi b’abarokore bahanuriye umukobwa ko kubana n’uyu musore bitazashoboka, ko azamuroga ngo akamukurikira.

Bamwe mu baganiriye n’intyoza.com batangaza ko ubu buhanuzi bupfuye, ko ndetse bufite ibindi bibwihishe inyuma. Bashingira ku kuba ibivugwa ko uyu musore yagombaga kuroga uyu mukobwa akamukurikira nta shingiro bifite ngo kuko n’ubundi yamwemeye igihe yamurambagizaga akamwemera, agasaba agakwa ndetse bagashyiraho itariki yo  gusezerana mu itorero ndetse bakanasohora ubutumire.

Uretse ibivugwa n’abazi uyu musore n’inkumi ku ipfa ry’ubu bukwe bitewe n’abo bita ko bigize abahanuzi b’ibinyoma nyamara ngo bafite ibindi bagamije bitaramenyekana, bavuga ko abantu nk’aba ni batitonderwa cyangwa se ngo hagire ingamba zifatwa n’ababishinzwe bazasenya ndetse bakangiza byinshi harimo n’umuryango nyarwanda.

Umusore wagombaga kurongora uyu mukobwa kuri uyu wa gatandatu, ku murongo wa terefone ngendanwa yatangarije umunyamakuru w’intyoza.com ko ari mu kababaro kenshi, ko usibye n’akababaro ubu bukwe bumohombeje byinshi birimo urukundo yakundaga uyu mukobwa, amafaranga ndetse n’igihe.

Yabwiye intyoza.com kandi ko yasohoye ubutumire bw’abantu 1700, yari yarafashe irembo, yarakoye ndetse n’urukiko byose byararangiye. Avuga kandi ko amakuru yo kuba ubukwe butakibaye yayamenye mu cyumweru kimwe n’igice mbere y’uyu munsi bagombaga gusezeraniraho.

Yagize ati ” Umukobwa ubu tuvugana rwose ntabwo wambaza aho ari ngo mpakubwire, hashize nk’icyumweru n’igice mbimenye, ibibanziriza urusengero byose byari byararangiye, baramuhanuriye arirukanka tumenye aho ari tugiye kumureba njye n’umudiyakoni turamubura.”

Amakuru arambuye kuri iri pfa ry’ubu bukwe, uyu musore wahuye n’iyi nsanganya yabwiye intyoza.com ko nta byinshi byo kuvuga afite, ko gusa itorero hari icyo riri gukora kuri iki kibazo, yavuze kandi ko kuri we atari yarajyanywe muri iri torero no gushaka umugore, ko ahubwo yagiye kubwo gushaka agakiza.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. soso says:
    December 27, 2017 at 6:51 am

    Abayoboke b’amadini basigaye bayoboka buhumyi pee!

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5929 Posts

Politiki

4178 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1041 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga