• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/06/26
Remera Rukoma/Kwibuka32: Iyo hatabaho Inkotanyi na Perezida Paul Kagame Igihugu cyari kirangiye-Visi Meya Uzziel
08/06/26
Kamonyi-Rukoma: Depite Muzana Alice, yasabye abaturage kudahingira inda gusa, kurya
08/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Ibihe byo Kwibuka si ibihe byo kwiyamamaza cyangwa kwishakira icyubahiro-Zacharie Benedata/Ibuka
08/06/26
Ruhango-Bweramana: Polisi yataye muri yombi uwari wibye asaga Miliyoni na Magana arindwi (1,700,000Fr)

Kamonyi: Abarimu babiri batawe muri yombi bakurikiranyweho ubujura

Umwanditsi
February 23, 2018

Abarezi babiri bigisha mu rwunge rw’amashuri rwitiriwe Mutagatifu Yohani w’umusaraba(St Jean de la Croix) Ngamba bafunzwe bazira kwiba ibikoresho by’ubwubatsi. Umuyobozi w’ikigo atangaza ko ibyuma bihenze ariko agaciro kabyo mu mafaranga ntako azi.

Nsengayire Thacien, umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwitiriwe Mutagatifu Yohani w’Umusaraba ( St Jean de la Croix) Ngamba ho mu murenge wa Ngamba, yabwiye intyoza.com ko ifatwa ry’aba barimu ryaturutse ku muntu wahawe ibyo bibye agafatwa n’abasirikare bari bacunze umutekano n’ijoro mu ma saa mbiri za tariki 11 Gashyantare 2018.

Yagize ati ” Abarimu bacu babiri, uwitwa Zirimwabagabo Izayi n’undi witwa Hategekimana Francois bafatanywe ibintu bibye ku ishuri. Ibyibwe ni ibyuma bibiri by’ubwubatsi, byatanzwe na Zirimwabagabo bikuwe aho barimo batunganya, abiha umuturage arabyikorera nijoro abijyana kwa Hategekimana ari nabwo yafashwe n’abasirikare bari mu kazi ahagana saa mbiri n’igice z’ijoro.”

Nsengayire, atangaza ko aba barimu batawe muri yombi tariki 12 Gashyantare 2018. Agaciro k’ibyibwe nubwo ngo bihenze ntabwo agatangaza. Muri iki kigo kandi, ku makuru amwe agera ku intyoza.com avuga ko ibi bikoresho ataribyo byonyine byaba byaribwe, ko ndetse ubuyobozi bw’ikigo hari amwe mu makuru budatanga dore ko ngo n’aba barimu bwashatse kubaryamaho( kudashaka bafungwa) ariko bikarangira bubuze aho buhera, gutanga amakuru yuzuye nabyo ngo byaragoranye.

Bamwe mu bakora muri iki kigo baganiriye n’intyoza.com ariko batifuje ko amazina yabo atangazwa, bavuga ko hakwiye ubugenzuzi bwimbitse muri iki kigo kuko ngo hari byinshi badashira amakenga. Bavuga kandi ko bitanumvikana uburyo ibikoresho byasohotse mu kigo n’ahantu hafite abazamu, ubuyobozi bukaba butabibazwa, abazamu bakaba ntacyo babazwa nyamara bahemberwa kurinda ikigo n’ibikoresho.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5976 Posts

Politiki

4223 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga