• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
06/06/26
Remera Rukoma/Kwibuka32: Iyo hatabaho Inkotanyi na Perezida Paul Kagame Igihugu cyari kirangiye-Visi Meya Uzziel
06/06/26
Kamonyi-Rukoma: Depite Muzana Alice, yasabye abaturage kudahingira inda gusa, kurya
06/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Ibihe byo Kwibuka si ibihe byo kwiyamamaza cyangwa kwishakira icyubahiro-Zacharie Benedata/Ibuka
06/06/26
Ruhango-Bweramana: Polisi yataye muri yombi uwari wibye asaga Miliyoni na Magana arindwi (1,700,000Fr)

Umudepite w’Uburundi Hafsa Mossi yapfuye arashwe

Umwanditsi
July 13, 2016

Hafsa Mossi, umudepite wari uhagarariye uburundi mu nteko ishinga amategeko y’umuryango w’ibihugu bya Afurika y’uburasirazuba yarasiwe ibujumbura arapfa.

Kuri uyu wa gatatu Taliki ya 13 Nyakanga 2016, Ibujumbura mu Burundi harasiwe umudepite Hafsa Mossi wari uhagarariye iki gihugu mu nteko ishinga amategeko mu muryango w’ibihugu bya Afurika y’uburasirazuba EALA.

Polisi y’u Burundi, yahamije amakuru y’urupfu rw’uyu mudepite Hafsa, ivuga ko yarashwe n’abantu batarabasha kumenyekana akajyanwa kwa muganga agitera akuka ariko bikanga akaba ariho agwa.

Umuvugizi w’igipolisi cy’uburundi, yatangaje ko Mossi yarashwe ahagana mu masaha ya saa yine z’amanywa n’abantu bari mu modoka bagahita bakomeza ariko ngo bakaba batabashije kumenyekana cyangwa ngo bafatwe.

Hafsa Mossi, umwaka ushize yari mu Rwanda aho yanasuye impunzi z’abarundi arebye uko zimerewe asuka amarira yiyemeza kuzikorera ubuvugizi no kugerageza kushaka umuti w’uko zataha zikava mubuhungiro.

Aha Hafsa yaririraga impunzi z'abarundi i Mahama bababajwe n'ubuzima bwazo.
Aha Hafsa, yaririraga impunzi z’abarundi i Mahama ababajwe n’ubuzima bwazo.

Hafsa Mossi, yakoze akazi k’ubunyamakuru kuri Radio BBC, yakoze kandi imirimo itandukanye ya Politiki, yabaye Minisitiri, yabaye umuvugizi wa Guverinoma mu gihugu cy’uburundi. abamuzi bahamya ko yari umuntu wa hafi wa perezida Pierre Nkurunziza dore ko bari banasangiye ishyaka.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5976 Posts

Politiki

4223 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga