• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
12/05/26
Ngamba-Kwibuka32: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barashima ko gusaba kwabo kumviswe nyuma y’imyaka 32
12/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Urugaga rw’Abikorera/PSF rwiyemeje kubakira abarokotse Jenoside batishoboye, inzu 4
12/05/26
Runda: Abanyerondo 270 barimo Abagore 13 bambitswe impuzankano(Uniform)nshya, basabwa kudakangwa n’Abanyabyaha
12/05/26
Mu itangazamakuru haracyarimo icyuho ku gukora inkuru ku ngengo y’Imari- Fulgence/FOJO

Perezida Kagame yishimiye intsinzi ya Valens Ndayisenga

Umwanditsi
November 20, 2016

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame, yishimiye intsinzi ya Valens Ndayisenga watwaye isiganwa ry’amagare ryazengurukaga u Rwanda (Tour du Rwanda) anashimira abitabiriye isiganwa n’abanyarwanda babaye hafi bagafana.

Kuri iki cyumweru tariki ya 20 ugushyingo 2016, abinyujije kuri Twitter, Perezida Paul Kagame yashimiye cyane umukinnyi w’amagare Valens Ndayisenga ku bw’intsinzi ye yo kwegukana irushanwa ry’amagare ryazengurukaga u Rwanda (Tour du Rwanda) 2016.

Perezida Paul Kagame, yifatanije kandi muri rusanjye n’abanyarwanda bose bitabiriye kureba uyu mukino w’amagare bakanashyigikira by’umwihariko abakinnyi b’abanyarwanda bitabiriye iri siganwa.

Perezida Kagame yagize ati:”Twifatanyije nawe mu byishimo Valens Ndayisenga, watsindiye Tour du Rwanda 2016 yabaye mu buryo bushimishije. Ndashimira abakinnye muri uyu mukino bose n’Abanyarwanda bavuye mu ngo bakareba ndetse bakanabashyigikira”.

Valens Ndayisenga ku Nshuro ya kabiri yegukanye Tour du Rwanda.
Valens Ndayisenga ku nshuro ya kabiri yegukanye Tour du Rwanda 2016.

Valens Ndayisenga, ni umukinnyi w’Umunyarwanda ukina umukino w’amagare akaba akinira ikipe ya Dimension Data yo mu gihugu cya Afurika y’epfo, iyi ibaye inshuro ya kabiri yegukana isiganwa ry’amagare mu Rwanda (Tour du Rwanda) kuko iyo mu mwaka wa 2014 nayo ariwe wari wayegukanye.

Ndayisenga, aka ni agahigo ashyizeho kuko kuva isiganwa ry’amagare mu Rwanda ryagirwa mpuzamahanga niwe munyarwanda wa mbere ubashije kwegukana Tour du Rwanda inshuro ebyiri yikurikiranije nubwo ubu yaje akinira indi kipe mu gihe ubwa mbere yakiniraga ikipe ya Kalisimbi yo mu Rwanda.

Ubutumwa Perezida Paul Kagame yanyujije kuri Twitter ashimira Valens Ndayisenga.
Ubutumwa Perezida Paul Kagame yanyujije kuri Twitter ye, ashimira Valens Ndayisenga.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5962 Posts

Politiki

4210 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1051 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga