• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/04/26
Runda-Kwibuka32: Inkotanyi ni Ubuzima, tuzahora dushimira Umutima w’Urukundo n’Ubwitange-Depite Nyabyenda Damien
16/04/26
Rugalika-Kwibuka32: Dufite Umutima wuzuye Icyizere n’Imbaraga zo gukomeza kubaho-Benedata Zacharie
16/04/26
Rugalika/Kwibuka32: Imbaraga z’Ingabo zatsinze Abajenosideri ziracyahari kandi zikubye kenshi-Depite Nyabyenda Damien
16/04/26
Itangazo ry’Inyandiko Imenyesha Imikirize y’Urubanza Ahatazwi

Huye: Umugore yatawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amafaranga (Euro) y’amiganano

Umwanditsi
March 8, 2017

Polisi ikorera mu karere ka Huye yafashe umugore washakishwaga ku cyaha cyo gukora no gukwirakwiza amafaranga y’amiganano.

Nyiraminani Clothilde yafatiwe mu isoko ryo mu Rwabayanga mu murenge wa Ngoma ku italiki 7 Werurwe 2017, aho yasanganywe amayero y’amiganano agera ku 2,850; ubu akaba afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Ngoma, akaba n’ubundi yashakishwaga na Polisi guhera muri Mutarama kubera ibyaha bindi.

Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Huye, Superintendent of Police(SP) Jean Marie Karegeya yavuze ko ifatwa ry’uyu mugore rije nyuma y’aho, muri Mutarama hari hafashwe abo bari bafatanyije mu byaha bitandukanye ariko we akabura.

SP Karegeya yagize ati:” Mu mwaka ushize yari yafashwe na sitasiyo ya Muhanga ku byaha bifitanye isano n’amafaranga y’amahimbano, mu ntangiro z’uyu mwaka, twafashe undi mugabo hano mu mujyi wa Huye afite amayero 100 y’amiganano, akaba yaravugaga ko yayahawe na Nyiraminani.”

Yongeyeho ati:” Ku wa mbere nko mu ma saa munani n’igice z’amanywa, twabonye amakuru ko Nyiraminani ari mu isoko rya Rwabayanga arimo yishyura amafaranga badashira amakenga; abapolisi bahise bajyayo maze afatirwa mu cyuho afite amayero 2,850 mu noti za 50 zose z’inyiganano.”

Umuyobozi wa Polisi uri Huye yagize kandi ati:” Turacyakora iperereza ngo tumenye niba nta bandi bantu ngo bafatwe. Kugeza ubu ariko, dufite amakuru ko hari abandi bagore babiri babana mu karere ka hafi aha bafitanye isano n’iki cyaha, ariko ku bufatanye na bagenzi bacu bahakorera, bazashakishwa bafatwe.”

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5950 Posts

Politiki

4198 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga