• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
12/05/26
Ngamba-Kwibuka32: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barashima ko gusaba kwabo kumviswe nyuma y’imyaka 32
12/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Urugaga rw’Abikorera/PSF rwiyemeje kubakira abarokotse Jenoside batishoboye, inzu 4
12/05/26
Runda: Abanyerondo 270 barimo Abagore 13 bambitswe impuzankano(Uniform)nshya, basabwa kudakangwa n’Abanyabyaha
12/05/26
Mu itangazamakuru haracyarimo icyuho ku gukora inkuru ku ngengo y’Imari- Fulgence/FOJO

Radiyo Ubuntu butangaje(Amazing Grace) yahagaritswe kumvikana ku hutaka bw’u Rwanda ukwezi kose

Umwanditsi
February 21, 2018

Ikigo ngenzura mikorere cy’imirimo ifitiye igihugu akamaro-Rura, cyahagaritse Radiyo ubuntu butangaje igihe cy’iminsi 30 itumvikana ku butaka bw’u Rwanda. Iki gihano kiriyongeraho ihazabu yaciwe ingana n’amafaranga y’u Rwanda Miliyoni ebyiri.

Ikigo ngenzura mikorere cy’imirimo ifitiye igihugu akamaro -RURA, kuri uyu wa gatatu tariki 21 Gashyantare cyasohoye itangazo rihagarika mu gihe cy’iminsi 30 Amazing Grace Christian Radio kutongera kumvikana ku butaka bw’u Rwanda. RURA yasabye kandi iyi Radiyo kwishyura ihazabu ya Miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda.

Radiyo Amazing Grace, yahawe igihe cy’iminsi 15 cyo kuba imaze kwishyura iyi hazabu ya Miliyoni 2 z’amafaranga y’u Rwanda kuri Konti ya RURA iri muri banki nkuru y’u Rwanda. RURA yasabye ko kandi iyi Radiyo itambutsa ikiganiro ku murongo wayo isaba imbabazi abanyarwanda ku bw’ikiganiro cyatambutse kuri iyi Radiyo gitanzwe na Niyibikora Nicolas aho yibasiye bikomeye Abagore, ari nayo ntandaro yo gutegeka iyi Radiyo gufunga.

Iby’iki kiganiro gisaba imbabazi, Amazing Grace Christian Radio yahawe kuba yabikoze mu gihe cy’amasaha 12 ubundi ikishyiriraho ingufuri mu gihe kingana n’iminsi 30 yahawe. Ibi byose bigomba gutangira kubahirizwa uhereye igihe ubuyobozi bwa Amazing Grace Christian Radio buboneye itangazo rihagarika Radiyo.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. cedrick says:
    March 11, 2018 at 2:06 pm

    nonese Pr. nicolas we ntabwo yigeze akurikiranywa n’inzego zibishinzwe ngo abe yatabwa muri yombi?
    cg we byarangiriye hariya

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5962 Posts

Politiki

4210 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1051 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga