• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
07/06/26
Remera Rukoma/Kwibuka32: Iyo hatabaho Inkotanyi na Perezida Paul Kagame Igihugu cyari kirangiye-Visi Meya Uzziel
07/06/26
Kamonyi-Rukoma: Depite Muzana Alice, yasabye abaturage kudahingira inda gusa, kurya
07/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Ibihe byo Kwibuka si ibihe byo kwiyamamaza cyangwa kwishakira icyubahiro-Zacharie Benedata/Ibuka
07/06/26
Ruhango-Bweramana: Polisi yataye muri yombi uwari wibye asaga Miliyoni na Magana arindwi (1,700,000Fr)

Kamonyi: Gitifu wavugwaga kutava ku izima ryo gusezera mu kazi yanditse asezera, babaye 5 mu minsi ibiri

Umwanditsi
March 15, 2018

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rukambura byavugwaga ko yanze kwandika ibarwa asezera ku mirimo yamaze kuva ku izima, yanditse kuri uyu wa 15 Werurwe 2018. Yiyongereye kuri 4 banditse basezera mu minsi ibiri gusa.

Mukamana Alice, wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rukambura byavugwaga ko yanze kwandika asezera nkuko yabisabwe mu gihe bagenzi be nabo ngo babisabwaga bakabikora, yavuye ku izima kuri uyu wa kane tariki 15 Werurwe 2018 arandika arasezera.

Ubwo umunyamakuru w’intyoza.com yamuhamagaraga ku murongo wa terefone ye ngendanwa amubaza niba koko yaba yashyize akava ku izima akandika asezera, yagize ati” Nabonye wanditse inkuru ngo hari uwabisabwe atarabikora, ndavuga ngo iyo ngira nomero zawe mba nakubwiye ngo warebye nabi, Njye nabikoze mbere ye, navuye ku izima.” Aha yasubizaga ahereye kuri mugenzi we Mpayimana Justin wayoboraga Akagari ka Ngoma ko mu Murenge wa Nyamiyaga batangiye amabarwa asezera mu masaha atandukanye y’uyu munsi mugitondo.

Tariki ya 13 Werurwe 2018 mu minsi ibiri gusa ishize nibwo Abanyamabanga Nshingwabikorwa batatu bari banditse amabarwa basezera mu kazi ku mpamvu zivugwa ko ari izabo bwite. Uyu munsi mu masaha ya mugitondo abandi babiri aribo; Mpayimana na Mukamana twavuze hejuru nabo basezeye. Babaye batanu muri iyi minsi ibiri gusa.

Kugeza ubu muri iyi minsi 2 twavuze hamaze gusezera; Serutagomwa Gaspard wayoboraga Akagari ka Kabashumba ho mu Murenge wa Nyamiyaga, Kabera Shabani wari Gitifu wa Karengera ho mu Murenge wa Musambira, Habimana Innocent bakunda kwita Kamanini wari Gitifu wa Mpushi mu Murenge wa Musambira, Mukamana Alice wayoboraga Akagari ka Rukambura ho muri Musambira hamwe na Mpayimana Justin wayoboraga Akagari ka Ngoma ho mu Murenge wa Nyamiyaga.

Abanyamabanga Nshingwabikorwa bamaze gusezera uko ari batanu, bane muri bo bari bamaze imyaka ikabakaba 14 mu buyobozi bw’inzego zibanze mu gihe undi umwe yari amaze imyaka iri munsi y’icumi. Impamvu y’isezera ryabo ntivugwaho rumwe dore ko bamwe nubwo baba banditse bavuga ko basezera ku mpamvu zabo, ku rundi ruhande bavuga ko babisabwe, aho ndetse hari ababanza kwinangira, hakibazwa buryo ki zaba impamvu bwite umuntu akabanza kunangira, nyuma ukumva ngo yasezeye/yeguye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5976 Posts

Politiki

4223 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga