• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
07/06/26
Remera Rukoma/Kwibuka32: Iyo hatabaho Inkotanyi na Perezida Paul Kagame Igihugu cyari kirangiye-Visi Meya Uzziel
07/06/26
Kamonyi-Rukoma: Depite Muzana Alice, yasabye abaturage kudahingira inda gusa, kurya
07/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Ibihe byo Kwibuka si ibihe byo kwiyamamaza cyangwa kwishakira icyubahiro-Zacharie Benedata/Ibuka
07/06/26
Ruhango-Bweramana: Polisi yataye muri yombi uwari wibye asaga Miliyoni na Magana arindwi (1,700,000Fr)

Kamonyi-Ngamba: Umurambo w’umuntu watoraguwe ku nkombe z’uruzi rwa Nyabarongo

Umwanditsi
October 27, 2018

Ku gice cy’inkombe y’uruzi rwa Nyabarongo mu Mudugudu wa Raro, Akagari ka Kabuga ho mu Murenge wa Ngamba kuri uyu wa 25 Ukwakira 2018 hatoragiwe umurambo w’umuntu w’umugabo utaramenyekana imyirondoro, ari mu kigero cy’imyaka hagati ya 25-27 y’amavuko.

Niyobuhungiro Obed, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba yahamirije intyoza.com ko amakuru y’uyu murambo watoraguwe ku nkombe y’uruzi rwa Nyabarongo ari ukuri. Ko bawutoraguye bigaragara ko watangiye kwangirika bagahita bawujyana mu bitaro bya Remera-Rukoma ngo usuzumwe.

Yagize ati” Ku itariki 25 Ukwakira 2018 ahagana saa saba n’iminota 55 nibwo twamenye amakuru ko mu ruzi rwa Nyabarongo habonetsemo umurambo w’umuntu, tuhageze twasanze aribyo koko, tumenyesha inzego dukorana, umurambo ukurwamo ariko watangiye kwangirika duhita tumugeza ku bitaro bya Remera-Rukoma, ku gira ngo hakorwe isuzuma hafatwe n’ikindi cyemezo.”

Gitifu Obed Niyobuhungiro, avuga ko uyu murambo watoraguwe ari uw’umugabo cyangwa umusore wo mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 25-27 y’amavuko. Avuga kandi ko yaba ubuyobozi butandukanye ndetse n’abaturage batabaye bose nta wabashije kumenya uyu muntu.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba, atangaza kandi ko amakuru y’uyu murambo yatanzwe n’abaturage bakora mu mirima y’ibisheke, ko aribo bawubonye bagahita babimenyesha ubuyobozi. Avuga kandi ko mu bigaragara ari nk’amazi yamukuye ahandi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. jibsonson says:
    October 30, 2018 at 12:05 pm

    abaganga bakore isuzuma kugirango hamenyekane ikishe uyumugabo kubufatanye n’inzego zibishinzwe ashyingurwe mucyubahiro nyakwigendera Imana imwakire mu bayo.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5976 Posts

Politiki

4223 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga