• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/04/26
Runda-Kwibuka32: Inkotanyi ni Ubuzima, tuzahora dushimira Umutima w’Urukundo n’Ubwitange-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Rugalika-Kwibuka32: Dufite Umutima wuzuye Icyizere n’Imbaraga zo gukomeza kubaho-Benedata Zacharie
19/04/26
Rugalika/Kwibuka32: Imbaraga z’Ingabo zatsinze Abajenosideri ziracyahari kandi zikubye kenshi-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Itangazo ry’Inyandiko Imenyesha Imikirize y’Urubanza Ahatazwi

Nyaruguru: Guverineri CG Gasana yashyikirije abunzi amagare bahawe na Perezida Kagame

Umwanditsi
February 28, 2019

Abunzi bo mu Murenge wa Nyabimata kuri uyu wa kane tariki 28 Gashyantare 2019 bashyikirijwe amagare 31 bemerewe na Perezida wa Repubulika paul Kagame. Ni amagare bashyikirijwe na CG Emmanuel K. Gasana, Guverineri w’Intara y’amajyepfo.  

Amagare aba bunzi bashyikirijwe ni impano ya Perezida Kagame, akaba ari ayo kugira ngo ajye abafasha mu kazi kabo, begera abaturage ariko cyane cyane aho ikiburanwa kiri. Guverineri Gasana yababwiye ko imvugo ya Perezida Kagame ariyo ngiro, ko isezerano yabahaye arisohoje.

Mu butumwa Guverineri Gasana yahaye aba bunzi, yabanje kubashimira akazi bakora mu gutanga ubutabera bwunga. Yabasabye kurushaho kwegera abaturage no gutanga umusanzu wabo mu bushobozi n’imbaraga bafite mu gukemura amakimbirane mu mucyo.

Uretse aya magare yashyikirijwe abunzi ba Nyabimata, mu bubiko bw’Akarere ka Nyaruguru hasigayeyo amagare asaga 400 agomba gushyikirizwa abunzi bo muyindi mirenge isigaye uko ari 13 igize aka karere.

Mayor arimo areba igare rigiye gutangwa ko nta kibazo.

Abunzi bahawe aya magare bashimiye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ku kuba asohoje isezerano. Bahamya ko aya magare azaborohereza cyane akazi bagera ahababeraga kure kandi ngo badakererwa ku bw’urugendo.

CG Emmanuel K. Gasana, guverineri w’Intara y’Amajyepfo yanatangije kandi ku mugaragaro gahunda yiswe “ Indorerwamo y’Urugo”. Iyi akaba ari agatabo gakubiyemo ibikorwa bifasha abaturage guhashya ibibazo bibangamiye imibereho myiza yabo.

Guverineri Gasana yitabiriye kandi ihuriro ry’Ubumwe n’Ubwiyunge ku rwego rw’Akarere ryabereye mu Murenge wa Kibeho, asaba ko iri huriro ry’ubumwe n’ubwiyunge rikomeza kuba umusemburo wo kwimakaza indangagaciro z’Ubworoherane, Ubukungu n’Imibereho myiza y’abaturage.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5950 Posts

Politiki

4198 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga