• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
06/06/26
Remera Rukoma/Kwibuka32: Iyo hatabaho Inkotanyi na Perezida Paul Kagame Igihugu cyari kirangiye-Visi Meya Uzziel
06/06/26
Kamonyi-Rukoma: Depite Muzana Alice, yasabye abaturage kudahingira inda gusa, kurya
06/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Ibihe byo Kwibuka si ibihe byo kwiyamamaza cyangwa kwishakira icyubahiro-Zacharie Benedata/Ibuka
06/06/26
Ruhango-Bweramana: Polisi yataye muri yombi uwari wibye asaga Miliyoni na Magana arindwi (1,700,000Fr)

Kiriziya Gatolika yasabye imbabazi ku bw’ibyo yavuze bitajyanye n’igihe byavugiwe

Umwanditsi
April 14, 2019

Nyuma y’uko Abepisikopi Gatolika banditse ibaruwa isabira koroherezwa ibihano ku bakuze cyane n’abarwaye cyane bafunzwe ku bw’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, bongeye kwandika basaba imbabazi abanyarwanda muri rusange ko ibyo bakoze bitakozwe mu gihe gikwiye.

Iyi baruwa y’abepisikopi ba Kiriziya Gatolika mu Rwanda yanditswe kuri uyu wa 13 Mata 2019 igashyirwaho umukono na +Myr Filipo Rukamba, Perezida w’inama y’Abepiskopi igaragaza ukwicisha bugufi no gusaba imbabazi Abanyarwanda muri rusange, aho bagaragaza ko ibaruwa banditse basabira koroherezwa ibihano kw’abafunze bakuze cyane n’abarwaye cyane bahamijwe ibyaha bya Jenoside bayanditse mu gihe kitaricyo.

Myr Filipo Rukamba Perezida w’inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda.

Ibaruwa yanditswe n’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda isabira aba bafunzwe koroherezwa ibihano yanditswe mu gihe u Rwanda n’Abanyarwanda bari mu cyumweru cy’icyunamo, aho hibukwaga ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu biri muri iyi baruwa yanditswe isaba imbabazi harimo ahagira hati “ Tubabajwe nuko byakomerekeje abantu cyane cyane bitewe n’igihe twabivugiye, ibyo sibyo twari tugamije. Dusabye imbabazi kuko twabivuze muri iki gihe gikomeye cy’icyunamo”.

Ubwo itangazo ry’aba bepiskopi ryasohokaga risabira koroherezwa ibihano kw’abakuze cyane n’abarwaye cyane bafunzwe kubwo guhamywa ibyaha bya Jenoside, Abanyarwanda batari bake babinyujije ku mbuga nkoranyambaga n’ahandi hatandukanye banenze iki cyifuzo cy’aba bayobozi ba Kiriziya Gatolika ndetse banagaya igihe gikorewemo.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5976 Posts

Politiki

4223 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga