• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
02/07/26
Kamonyi: Barasaba gusobanurirwa uko ibikorwaremezo bitoranywa(Priorities) mu ngengo y’imari
02/07/26
Kamonyi-Mugina: Umuyobozi wa GS st Esidore aravugwaho gukubita umwarimu akamukomeretsa
02/07/26
Kamonyi-Ruyenzi Sporting Club: OLYMPIC FC yisubije Igikombe cyo Kwibuka Abasiporutifu
02/07/26
Kamonyi-EXPO: Abaturage barakangurirwa kugera ahabera Imurikabikorwa n’Imurikagurisha/EXPO

Kamonyi: Yapfiriye mu bitaro nyuma y’ukwezi arokotse urupfu

Umwanditsi
September 28, 2019

Dusabimana Ildephonse wamaze iminsi itatu mu nda y’Isi yagwiriwe n’ikirombe mu Murenge wa Rugalika akaza gukurwamo ari muzima akajyanwa kwa muganga, mu gitondo cyo kuri uyu wa 27 Nzeri 2019 yaguye mu bitaro bya Remera-Rukoma.

Tariki 26 Kanama 2019 nibwo uyu Dusabimana w’imyaka 47 y’amavuko yaguye mu kirombe gicukurwamo amabuye y’Urugarika. Yamaze iminsi itatu mu nda y’Isi ashakishwa akurwamo Tariki 28 Kanama 2019 ahita yerekezwa kwa muganga ari naho yaguye.

Amakuru y’urupfu rwa Dusabima yemezwa n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugalika Umugiraneza Marthe. Yabwiye intyoza.com ko Nyakwigendera yaguye mu bitaro byamukurikiranaga i Remera-Rukoma.

Gitifu Umugiraneza, avuga ko aya makuru nk’ubuyobozi bayahawe n’ibitaro bya Remera-Rukoma byakurikiranaga Dusabimana ndetse kandi ngo n’umuryango we nawo wabahamirije ko umuntu wabo yamaze kwitaba Imana.

Mu gihe cy’ukwezi uyu Dusabimana Ildephonse amaze akurikiranwa kwa muganga, hari amakuru agera ku intyoza.com ko n’ubwo abaganga bamwitagaho ariko ngo hagiye hagambirwa kumunyuza mucyuma kenshi bikanga, kuko icy’i Rukoma cyari gifite ikibazo ndetse n’icy’i Kabgayi bagerageje kumujyana yo basanga nacyo gifite ikibazo bamugarura i Rukoma akomeza kuba ariho akurikiranirwa ari naho yaguye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5988 Posts

Politiki

4235 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1059 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

159 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga