• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/06/26
Kamonyi-Rukoma: Depite Muzana Alice, yasabye abaturage kudahingira inda gusa, kurya
04/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Ibihe byo Kwibuka si ibihe byo kwiyamamaza cyangwa kwishakira icyubahiro-Zacharie Benedata/Ibuka
04/06/26
Ruhango-Bweramana: Polisi yataye muri yombi uwari wibye asaga Miliyoni na Magana arindwi (1,700,000Fr)
04/06/26
Muhanga: Abantu 9 barimo umugore batawe muri yombi bacukura, bagurisha amabuye y’agaciro bitemewe

Gen. Nyamvumba yasuye abanyarwanda bari mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Centre Africa

Umwanditsi
October 16, 2019

Kuri iki cyumweru tariki ya 14 Ukwakira 2019 umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda General Patrick Nyamvumba yasuye ingabo z’u Rwanda, abapolisi n’abacungagereza b’u Rwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye mu kugarura amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Centre Africa (MINUSCA. Yababwiye ko bagomba gufatanya kugirango intego yabajyanye muri iki gihugu yo kugarura amahoro igerweho.

Mu biganiro yaganiraga n’abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri iki gihugu mu kigo cya Sotel M’Poko giherereye mu murwa mukuru wa Bangui, yabashimiye uburyo bakomeje gutanga umusanzu mu kugarura amahoro n’umutekano muri Repubulika ya Centre Africa.

Generali Nyamvumba yashimye akazi gakorwa n’abanyarwanda mu kugarura amahoro ndetse ashima imikoranire myiza irangwa hagati y’inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’umuryango wa bibumbye mu kugarura amahoro muri iki gihugu.

Yagize ati: “Abaturage ba Centre Africa murindira umutekano ndetse n’ubuyobozi bw’umuryango w’abibumbye bashima akazi mukora kuko mugaragaza ubwitange, ibi bituma muba ba ambasaderi beza b’u Rwanda.”

Yakomeje asaba aba basirikare, abapolisi ndetse n’abacungagereza b’u Rwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye mu gihugu cya Repubulika ya Centre Africa  ko icyo basabwa ari ugukomeza icyo batangiye, basigasira ibyiza bagezeho, abagaragariza ko kugira ngo babigereho ari ugukomeza gukora kinyamwuga no kurangwa n’ikinyabupfura.

U Rwanda rufite umubare munini w’abanyarwanda bari mu butumwa bw’umuryango  w’abibumbye mu kugarura amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Centre Africa (MINUSCA) harimo ingabo z’u Rwanda, n’imitwe itatu ya Polisi y’u Rwanda buri umwe ukaba ugizwe n’abaPolisi 140.

U Rwanda rwatangiye kujya kubungabunga no kugarura amahoro muri Repubulika ya Centre Africa guhera mu 2014, akaba aribwo umutwe wa mbere wa Polisi wa geze muri iki gihugu, aho hamaze koherezwa imitwe 13 ya Polisi igenda isimburana.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5975 Posts

Politiki

4222 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga