• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/04/26
Runda-Kwibuka32: Inkotanyi ni Ubuzima, tuzahora dushimira Umutima w’Urukundo n’Ubwitange-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Rugalika-Kwibuka32: Dufite Umutima wuzuye Icyizere n’Imbaraga zo gukomeza kubaho-Benedata Zacharie
19/04/26
Rugalika/Kwibuka32: Imbaraga z’Ingabo zatsinze Abajenosideri ziracyahari kandi zikubye kenshi-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Itangazo ry’Inyandiko Imenyesha Imikirize y’Urubanza Ahatazwi

Emmanuel Rekeraho ari mu maboko y’ubugenzacyaha- RIB

Umwanditsi
November 1, 2019

Rekeraho Emmanuel nyirikigo kizwi nka Eden Business center Ltd amaze iminsi ibiri ari mu maboko y’urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB aho akekwaho ibyaha bifitanye isano n’ibiyobyabwenge.

Amakuru mpamo agera ku intyoza.com ni ay’uko umugabo witwa Rekeraho Emmanuel uzwi cyane mu bitangazamakuru yamamaza ibikorwa bye bitandukanye, kuva kuri uyu wa Gatatu Tariki 30 Ukwakira 2019 yafashwe agashyikirizwa RIB.

Umuvugizi wa RIB, Marie Michelle Umuhoza yahamirije intyoza.com ko amakuru yo kuba Rekeraho Emmanuel ari mu maboko y’uyu rwego ari impamo, ko akekwaho ibyaha bifiyanye isano n’ibiyobyabwenge. Ati ” Emmanuel Rekeraho yaahyikirijwe urwego rw’Ubugenzacyaha, arakekwaho gukora ibikorwa bigendanye n’ibiyobyabwenge ari nabyo afungiwe i Kamonyi”.

Umuhoza, avuga ko ibyo gushyikiriza Rekeraho Emmanuel ubushinjacyaha bizaterwa n’ibizava mu iperereza kuko rigikomeje kumukorwaho.

Mbere y’ifatwa n’ifungwa rya Rekeraho Emmanuel, mu masaha y’amanywa y’umunsi yafatiweho, aho ikigo cya Eden Business Center gikorera ku Ruyenzi hageze itsinda ryinjiye mu nyubako. Ubwo umunyamakuru w’intyoza.com yahanyuraga ndetse akinjira, hari bamwe mu bakozi bari bafashwe bambitswe amapingu. Nta byinshi abari muri iri tsinda batangarije umunyamakuru ku bw’iki gikorwa ryarimo kuko bavuze ko ntacyo bavuga mu gihe igikorwa barimo kitararangira, ko kandi kiri gukorwa mu gihugu hose.

Rekeraho Emmanuel.

Ikigo cya Eden business center giherereye mu kagari ka Ruyenzi mu murenge wa Runda ho mu karere ka Kamonyi. Ni ikigo gikorerwamo ibintu byinshi bitandukanye byaba ibijyanye n’ubuhinzi , ubworozi , kwigisha abantu kwihangira imirimo, imiti n’amavuta bitandukanye…

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5950 Posts

Politiki

4198 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga