• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/04/26
Runda-Kwibuka32: Inkotanyi ni Ubuzima, tuzahora dushimira Umutima w’Urukundo n’Ubwitange-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Rugalika-Kwibuka32: Dufite Umutima wuzuye Icyizere n’Imbaraga zo gukomeza kubaho-Benedata Zacharie
19/04/26
Rugalika/Kwibuka32: Imbaraga z’Ingabo zatsinze Abajenosideri ziracyahari kandi zikubye kenshi-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Itangazo ry’Inyandiko Imenyesha Imikirize y’Urubanza Ahatazwi

Kamonyi/Nyamiyaga: Abantu batanu bagwiriwe n’ikirombe harokoka babiri

Umwanditsi
January 14, 2020

Ahagana ku I saa tatu n’iminota mirongo ine z’iki gitondo cya tariki 14 Mutarama 2020 mu Mudugudu wa Kamabuye, Akagari ka Ngoma ho mu Murenge wa Nyamiyaga mu kirombe gicukurwamo amabuye akurwamo Konkase, abantu batanu bagwiriwe n’ikirombe batatu bahasiga ubuzima.

Iki kirombe cy’umusaza witwa Ngenzi Pirimiyani, kirimo amabuye akurwamo Konkasi. Abakozi batanu bari mu kazi ko guhonda amabuye bagwirwa n’ikirombe bari bicaye munsi, batatu muri bo bahita bitaba Imana abandi babiri barakomereka.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umusigire w’Umurenge wa Nyamiyaga Kubwimana Jean de Dieu, yabwiye intyoza.com ko aya makuru ari impamo. Ko batatu muri batanu bahise bapfa, mu gihe babiri bakomeretse bajyanywe kwa muganga.

Yagize ati“ Ni ikirombe cya Ngenzi Pirimiyani, bacukuramo konkasi. Abantu bari munsi yacyo barimo guhonda konkasi byarangiye kibagwiriye, batatu bamaze kwitaba Imana. Abandi ntabwo bakomeretse bikomeye, babajyanye ku kigo nderabuzima”.

Nyuma y’ibi byago by’impanuka y’ikirombe, ubuyobozi bw’uyu murenge wa Nyamiyaga burangajwe imbere na Gitifu w’Umusigire, Kubwimana Jean de Dieu avuga ko bagiye kugirana inama n’abaturage. Kuba abakozi bafite ubwishingizi, Gitifu avuga ko nta makuru yuzuye abifiteho kuko ngo biravugwa mu buryo butandukanye, aho bamwe bavuga ko ntabwo, abandi bakavuga ko amafaranga yabwo yatanzwe ariko ntibwishyurwe, hakaba n’abavuga ko bwatanzwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5950 Posts

Politiki

4198 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga