• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/05/26
Ngamba-Kwibuka32: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barashima ko gusaba kwabo kumviswe nyuma y’imyaka 32
14/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Urugaga rw’Abikorera/PSF rwiyemeje kubakira abarokotse Jenoside batishoboye, inzu 4
14/05/26
Runda: Abanyerondo 270 barimo Abagore 13 bambitswe impuzankano(Uniform)nshya, basabwa kudakangwa n’Abanyabyaha
14/05/26
Mu itangazamakuru haracyarimo icyuho ku gukora inkuru ku ngengo y’Imari- Fulgence/FOJO

Huye: Umusore yavuye i Kigali ajya iwabo, bamusanga amanitse mu kiziriko yapfuye 

Umwanditsi
March 3, 2020

Kuri uyu wa 03 Werurwe 2020 mu masaha y’umugoroba, Umusore witwa Ndamage Jules w’imyaka 25 y’amavuko, ukomoka mu Mudugudu wa Muremera, Akagali ka Kiruhura, Umurenge wa Rusatira ho mu karere ka Huye, yasanzwe mu kiziriko ari umupfu.

Uyu musore, yigaga ibijyanye n’ubukanishi bw’imodoka mu mujyi wa Kigali. Papa we umubyara witwa Bugingo Viateur yatangarije intyoza.com ko ubusanzwe ntacyo yapfaga n’umwana we, ko urupfu rwe rwamutunguye.

Ati” Nanjye ntabwo nari nahiriwe gusa ndatashye nsanga yiyahuye ari mu kiziriko mu ruganiriro(Saloon)”.

Uyu Papa wa nyakwigendera, akomeza avuga ko ubusanzwe ntacyo yapfaga n’umwana we. Gusa, akongeraho ko abantu bagendana ibibazo bityo kuvuga icyateye kwiyahura bitoroshye.

Amakuru y’urupfu rw’uyu musore, yemejwe n’umuvugizi wa Police y’u Rwanda mu ntara y’Amajyepfo CIP Twajamahoro Sylvestre aho yagize ati” Nibyo koko uyu musore Ndamage yiyahuye yaramaze iminsi i Kigali, avayo aza iwabo I Huye bitewe ni uko inzu yabagamo babirukaniye amafaranga”.

Umuvugizi wa Police kandi akomeza avuga ko amakuru yamenyekanye atanzwe na murumuna we badasangiye Nyina aho yaravuye kwiga akamusanga mu ruganiriro amanitse mu mugozi yapfuye.

Nyakwigendera Ndamage Jules, mbere yo kujya kwiga umwuga w’ubukanishi bw’imodoka yabanje gukora umwuga wo kogosha aho yakoreraga mu kagali ka Rwesero mu murenge wa Busasamana ho mu karere ka Nyanza mu isantere y’ubucuruzi izwi nko ku Rupango.

Umurambo wanyakwigendera wahise ujyanwa mu bitaro bya kaminuza nkuru y’u Rwanda bya Butare-CHUB, kugirango ukorerwe isuzumwa hamenyekane imvo n’imvano y’urupfu rwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5962 Posts

Politiki

4210 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1051 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga