• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/06/26
Kamonyi-Rukoma: Depite Muzana Alice, yasabye abaturage kudahingira inda gusa, kurya
05/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Ibihe byo Kwibuka si ibihe byo kwiyamamaza cyangwa kwishakira icyubahiro-Zacharie Benedata/Ibuka
05/06/26
Ruhango-Bweramana: Polisi yataye muri yombi uwari wibye asaga Miliyoni na Magana arindwi (1,700,000Fr)
05/06/26
Muhanga: Abantu 9 barimo umugore batawe muri yombi bacukura, bagurisha amabuye y’agaciro bitemewe

Abashinwa babujijwe kongera kurya inyama z’imbwa n’injangwe

Umwanditsi
April 2, 2020

Umujyi wa Shenzhen, wabaye uwa mbere mu gihugu cy’Ubushinwa utanze itegeko ry’uko ubucuruzi ndetse no kurya inyama z’imbwa n’injangwe bihagarikwa. Ibi, bije nyuma y’aho icyorezo cya CoronaVirus bivuzweko cyakomotse ku nyama z’inyamaswa.

Kuvuga ko CoronaVirus yakomotse ku nyama z’inyamaswa, byatumye abategetsi bo mu Bushinwa bahagarika kurya no kugurisha bene izi nyama z’imboneka rimwe nk’uko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga. Iri tegeko rizatangira kubahirizwa guhera Tariki ya 01 Gicurasi 2020.

Ikigo Humane Society International (HSI) kivuga ko imbwa zigera kuri Miliyoni 30 zicwaga buri mwaka muri aziya kugira ngo bazirye. Bivuze ko byubahirijwe hari imbwa nyinshi zaba zisimbutse urupfu n’amenyo y’abaziryaga mu gice cy’uyu mugabane.

Nubwo iri tegeko ryatanzwe, ntabwo bivuze ko abashinwa bose barya inyama z’imbwa, kuko hari n’abatazikozwa. Ubutegetsi bw’Umujyi wa Shenzhen bwavuze ko Imbwa n’injangwe byacuditse n’abantu kurusha izindi nyamaswa, kandi ko hari n’ahandi bibujijwe kurya izi nyamaswa nko muri Hong Kong na Taiwan.

Iki ni icyemezo kishimiwe na HIS, iharanira uburenganzira bw’Inyamaswa, aho Dr Peter Li wo muri iki kigo yagize ati “ Iyi ni intambwe nziza ishobora guhagarika ubucuruzi bubi butuma mu Bushinwa hicwa imbwa zigera kuri miliyoni 10 n’injangwe miliyoni 4 buri mwaka”.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5975 Posts

Politiki

4222 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga