• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/06/26
Kamonyi-Nyamiyaga: Yaguwe gitumo arimo gusambanya ufite uburwayi bwo mu mutwe
10/06/26
Imodoka y’Ibitaro bya Remera Rukoma yahitanye ubuzima bw’Umuntu abandi barakomereka
10/06/26
Paris: Ibyo wamenya kuri Dr Eugène Rwamucyo watangiye Ubujurire ku byaha bya Jenoside
10/06/26
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi Abagabo 4 bakurikiranyweho ubujura bw’Inka 7

Laurent Gbagbo wayoboye Cote d’Ivoire yangiwe kwiyamamaza mu matora y’umukuru w’Igihugu

Umwanditsi
August 26, 2020

Laurent Gbagbo wahoze ari Perezida wa Côte d’Ivoire yangiwe kwiyamamaza mu matora ya perezida ateganyijwe kuba mu kwezi kwa cumi uyu mwaka wa 2020, nyuma yuko urukiko rushimangiye icyemezo cy’akanama k’amatora.

Claude Mentenon, umwunganizi we mu mategeko, yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ko nta yindi nzira y’amategeko iriho muri Côte d’Ivoire bakwiyambaza, ko uwo ari umwanzuro wa nyuma mu mategeko y’icyo gihugu.

Akanama k’amatora ka Côte d’Ivoire kamukuye ku rutonde rw’abakandida-perezida kubera ko urukiko rwamuhamije icyaha.

Muri uku kwezi kwa munani, Ibrahime Coulibaly-Kuibiert ukuriye akanama k’amatora muri Côte d’Ivoire yari yavuze ko umuntu uwo ari we wese wahamwe n’icyaha mu nkiko azakurwa ku rutonde rw’abakandida.

Yabitangaje ubwo yatangazaga ku mugaragaro urutonde ruvuguruye rw’abakandida bemerewe kwiyamamariza kuba perezida. Abakandida bane, barimo na Guillaume Soro wigeze kuba umukuru w’inyeshamba, ni bo bakuwe ku rutonde rw’abakandida.

Mu kwezi kwa mbere mu mwaka wa 2019, urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwagize umwere Bwana Gbagbo w’imyaka 75 ku birego ku byaha byibasira inyoko-muntu bijyanye n’urugomo rwakurikiye amatora ya perezida ataravuzweho rumwe yo mu mwaka wa 2010.

Perezida Alassane Ouattara w’imyaka 78, mbere wari wavuze ko atazongera kwiyamamaza, BBC dukesha iyi nkuru, itangaza ko yaje kwisubiraho avuga ko aziyamamariza manda ya gatatu, nyuma y’urupfu rw’uwo yifuzaga ko yazamusimbura, ibyo abatavuga rumwe n’butegetsi bamaganiye kure.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5980 Posts

Politiki

4227 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga