• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/08/26
Amajyepfo: Polisi yatahuye amayeri akoreshwa n’abahishe inzoga z’ibyuma
27/08/26
Kamonyi: Kumena inzoga (Ibyuma) z’Uruganda Ingufu Gin Ltd bizatwara asaga Miliyoni 30
27/08/26
Kamonyi-Kamuhanda: Site y’Inganda yitezweho kugaragaza Isura nziza y’Amarembo y’Akarere yatangiye gutunganywa
27/08/26
Kamonyi/CNF: Abagore barishimira uruhare rwabo mu gukura bagenzi babo mu murongo w’Ubukene

Umurambo w’umugabo ufite imyaka 33 watoraguwe muri Nyabarongo

Umwanditsi
September 9, 2020

Ahagana ku I saa kumi n’imwe z’uyu mugoroba wa tariki 09 Nzeri 2020, mu ruzi rwa Nyabarongo ku ruhande rw’Umujyi wa Kigali hafi gato n’ikiraro cyambuka kiva kamonyi werekeza Kigali, hatoraguwe umurambo w’Umugabo witwa Bibutsundi Theophile wavutse mu 1987.

Uyu murambo, wakuwemo bigaragara ko utarangirika ariko ufite igikomere mu gahanga ku buryo wagira ngo ni icyuma uyu muntu yatewe cyangwa se ikindi cyamukomerekeje.

Mu kumukura muri Nyabarongo, bamusanganye ikarita ndangamuntu ari yo yatumye amenyekana. Iyi Ndangamuntu yatangiwe mu Karere ka Rutsiro/Mukura.

Ubwo yakurwaga muri Nyabarongo, hari inzego zitandukanye z’umutekano ku ruhande rw’umujyi wa Kigali, hari kandi n’umukozi w’Ubugenzacyaha-RIB.

Iyi ndangamuntu tuyishyize aha kugira ngo uwaba azi uyu muntu, amenye cg se afashe gutanga amakuru.

Mu bari aha, nta muntu wabashije kumenya uyu Bibutsundi Theophile, uvanyeho ku mumenyera kuri iyi karita Ndangamuntu yasanganwe.

Umunyamakuru wa intyoza.com wageze aho uyu murambo wakurwaga muri Nyabarongo, yasize amaze gukurwamo ariko hagitegerejwe imodoka n’abaganga ngo banafashe abari bavuye gukura uyu murambo mu mazi, ariko kandi n’uyu murambo ujyanwe ahabugenewe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

6021 Posts

Politiki

4267 Posts

Ubuhinzi

155 Posts

Ubukungu

1075 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

162 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga