• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/06/26
Remera Rukoma/Kwibuka32: Iyo hatabaho Inkotanyi na Perezida Paul Kagame Igihugu cyari kirangiye-Visi Meya Uzziel
08/06/26
Kamonyi-Rukoma: Depite Muzana Alice, yasabye abaturage kudahingira inda gusa, kurya
08/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Ibihe byo Kwibuka si ibihe byo kwiyamamaza cyangwa kwishakira icyubahiro-Zacharie Benedata/Ibuka
08/06/26
Ruhango-Bweramana: Polisi yataye muri yombi uwari wibye asaga Miliyoni na Magana arindwi (1,700,000Fr)

Kamonyi: Ku ikubitiro, abasaga 5000 barakingirwa Covid-19

Umwanditsi
March 5, 2021

Ahagana ku I saa sita n’iminota 54 zo kuri uyu wa 04 Werurwe 2021 nibwo imodoka y’ibitaro bya Remera-Rukoma yari yinjiye mu mbuga y’ibiro by’Akarere ka Kamonyi izanye inkingo za Covd -19 zisaga 5,000 . Abayobozi b’Akarere, Ibigo Nderabuzima, Imirenge n’izindi nzego nibo bakiriye izi nkingo zigiye gutangwa ku nshuro ya Mbere mu Rwanda.

Dr Jaribu Theogene, Umuyobozi w’Ibitaro bya Remera-Rukoma yabwiye intyoza.com ko inkingo bakiriye ari ibihumbi 5 birenga, zigomba guhabwa abazigenewe babarirwa mu bihumbi 5 bafite aho bahurira n’ibyago byinshi byo kuba bakwandura Covid-19.

Barerekeza kuri Farumasi y’Akarere gufata inkingo.

Avuga ko iyi ari intangiriro, ko abari busigare badakingiwe nabo bazagerwaho. Abari buherweho bakingirwa ni Abaganga nk’abantu bahura n’abantu benshi kandi baba barimo abarwaye, hakurikireho bamwe mu barwaye indwara zidakira n’abandi.

Dr Jaribu, avuga ko buri wese ukingirwa agenewe Doze ebyiri, ko uri bukingirwe none nta mpungenge z’indi Doze kuko Leta byose yabiteganije kandi ku buntu. Ukingirwa bwa mbere, indi Doze azayihabwa nyuma y’iminsi 28.

Ahatangirwa inkingo hari na Polisi igomba kuziherekeza.

Asaba buri wese kudatinya uru rukingo kuko rwizewe. Ukingirwa amara iminota 30 nyuma y’uko ahawe urukingo hanyuma yaba nta kibazo agize akarekurwa agataha. Avuga kandi ko abagomba gukingira bose babihuguriwe cyane ko ngo n’ubundi ari abasanzwe bakora imirimo y’ubuvuzi.

Tuyizere Thaddee, Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Kamonyi ashimira Leta kubw’iki gikorwa cyo gushakira Inkingo Abanyarwanda mu rwego rwo guhangana n’icyorezo cya Coronavirus. Asaba buri wese kwirinda abakwiza impuha kuri uru rukingo, yibutsa ko n’ubusanzwe benshi ntawe utarakingiwe kuva mu bwana, kandi ko Leta itakorera abaturage ibyo itizeye, bityo rero ko ntawe ukwiye gutinya.

Aha ni abari bamaze guhabwa Inkingo berekeza ku kigo nderabuzima.

Uru rukingo ruratangwa iminsi ibiri ku barugenewe, none kuwa Gatanu no kuri uyu wa Gatandatu. Inkingo zose uko zaje, zaraye ku bigo nderabuzima aho zasinyiwe n’Abayobozi b’Ibigo nderabuzima na ba Gitifu b’Imirenge ubundi ziherekezwa na Polisi igomba kuba aho ziri kugeza igikorwa kirangiye.

Jaribu Theogene/Umuyobozi w’Ibitaro bya Remera-Rukoma.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5976 Posts

Politiki

4223 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga