• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/06/26
Kamonyi-Nyamiyaga: Yaguwe gitumo arimo gusambanya ufite uburwayi bwo mu mutwe
10/06/26
Imodoka y’Ibitaro bya Remera Rukoma yahitanye ubuzima bw’Umuntu abandi barakomereka
10/06/26
Paris: Ibyo wamenya kuri Dr Eugène Rwamucyo watangiye Ubujurire ku byaha bya Jenoside
10/06/26
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi Abagabo 4 bakurikiranyweho ubujura bw’Inka 7

Gufunga ibinyamakuru 3 by’Abarundi mu Rwanda, intambwe ikomeye mu kunagura imibanire

Umwanditsi
April 3, 2021

Leta y’u Burundi imenyesha ko ifungwa ry’ibinyamakuru bitatu by’Abanyamakuru b’Abarundi bahungiye mu Rwanda ari ingingo yafatiwe mu mubonano wahuje ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu byombi kandi ko byayinejeje cyane.

Abavugizi ba Leta na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga batangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Mata 2021 ko ari “ Ikimenyetso cyiza ko imigenderanire n’u Rwanda igiye gukomeza kuba myiza kurushaho”.

Kuri uyu wa Gatanu nkuko VOA ibitangaza, abavugizi ba Leta n’izindi nzego z’Igihugu bakoresheje ikiganiro cyabo kiba nyuma y’amezi atatu buri gihe ku bibazo by’abanyamakuru n’abanyagihugu.

Kimwe mu bibazo byagarutsweho ni ifungwa ry’ibinyamakuru bitatu aribyo Inzamba, RPA na Renaissance byakoreraga ku butaka bw’u Rwanda kuva abanyamakuru babyo bahunze muri 2015 nyuma y’itwikwa ryabyo bucyeye bw’ihirikwa ry’ubutegetsi ryaburijwemo mu kwa gatanu uwo mwaka wa 2015.

Sonia Ines Niyubahwe, umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Burundi, yavuze ko ari imwe mu ngingo z’inama y’abaminisitiri b’u Burundi n’u Rwamda. Madamu Niyubahwe, ashimangira ko n’ubu ibiganiro bikomeza.

Ntahorwamiye Prosper, umuvugizi wa Leta.

Umuvugizi wa Leta nawe yamenyesheje ko kubona ibi binyamakuru bifungwa ari ikimenyetso gikomeye mu bijyanye n’ukwiyunga hagati y’u Burundi n’u Rwanda. Prosper Ntahorwamiye yanagarutse ku rupfu rwa perezida Cyprien Ntaryamira waguye mu ndege ari kumwe na mugenzi w’u Rwanda Juvenal Habyarimana mu 1994. Yemeje ko u Burundi bukurikirana imigendekere y’uru rubanza bwatangije.

Aba bavugizi babiri uwa Leta n’uwa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga banavuze kandi ku migenderanire y’u Burundi n’ubumwe bw’u Bulayi yari yajemo agatotsi kimwe n’iy’u Rwanda muri 2015, bemeza ko abahanga b’impande zombi barimo gukorana kandi ko hejuru y’ubushake bwa poritike hari n’ingendo nshyashya mu bijyanye n’imigenderanire.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5980 Posts

Politiki

4227 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga