• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/06/26
Kamonyi-Nyamiyaga: Yaguwe gitumo arimo gusambanya ufite uburwayi bwo mu mutwe
10/06/26
Imodoka y’Ibitaro bya Remera Rukoma yahitanye ubuzima bw’Umuntu abandi barakomereka
10/06/26
Paris: Ibyo wamenya kuri Dr Eugène Rwamucyo watangiye Ubujurire ku byaha bya Jenoside
10/06/26
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi Abagabo 4 bakurikiranyweho ubujura bw’Inka 7

Abanyeshuri bakora ubutinganyi bagiye gucibwa mu mashuri abacumbikira muri Kenya

Umwanditsi
December 31, 2021

Minisitiri w’uburezi mu Gihugu cya Kenya, George Magoha avuga ko abanyeshuri bose b’abatinganyi bakwiye kubuzwa kwiga mu mashuri acumbikira abanyeshuri kugira ngo badahindura imyitwarire y’abandi banyeshuri.

Yavuze ko ahubwo bakwiye kujya biga mu mashuri abegereye, aho abanyeshuri biga bataha iwabo. Yongeyeho ko abanyeshuri b’abatinganyi basanzwe biga mu mashuri acumbikira abanyeshuri bakwiye kwimurirwa mu yandi mashuri.

Yasabye abayobozi b’amashuri gushyira imbere ibiri mu nyungu za benshi, aho gushyira imbere ibiri mu nyungu z’abantu bacyeya.

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yamaze kuvuga ko izitabaza inkiko igahangana n’aya mabwiriza, ivuga ko ishyirwa mu bikorwa ryayo ryahonyora uburenganzira bw’abanyeshuri.

Muri Kenya, imibonano mpuzabitsina y’abatinganyi ihanishwa igifungo kigera ku myaka 14 – ubujurire kuri iri tegeko bwateshejwe agaciro mu 2019.

Bwana Magoha nkuko BBC ibitangaza, yanashyigikiye abasaba ko biba itegeko gupima ibiyobyabwenge abanyeshuri ubwo amashuri azaba yongeye gufungura imiryango mu mwaka utaha, avuga ko byagabanya ikoreshwa ryabyo, yavuze ko riri kwiyongera mu gihugu.

Avuze aya magambo nyuma y’inkubiri yo mu kwezi gushize yo gutwika amashuri n’ibyumba byo kuraramo by’abanyeshuri, byose hamwe bibarirwa muri za mirongo, byatumye amashuri menshi aba afunze imiryango by’igihe gito, mbere yuko igihembwe kirangira.

Amagambo ye yazamuye imbamutima zikakaye mu Banya-Kenya, bamwe bashinja uyu Minisitiri gukoresha imvugo y’ivangura ku banyeshuri b’abatinganyi.

Uyu Minisitiri uzwiho kutarya indimi, si ubwa mbere agize ibyo avuga bigateza impaka, ndetse yashyizeho impinduka zikomeye, zirimo nk’integanyanyigisho nshya itavugwaho rumwe yahinduye burundu urwego rw’uburezi.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5980 Posts

Politiki

4227 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga