• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/04/26
Runda-Kwibuka32: Inkotanyi ni Ubuzima, tuzahora dushimira Umutima w’Urukundo n’Ubwitange-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Rugalika-Kwibuka32: Dufite Umutima wuzuye Icyizere n’Imbaraga zo gukomeza kubaho-Benedata Zacharie
19/04/26
Rugalika/Kwibuka32: Imbaraga z’Ingabo zatsinze Abajenosideri ziracyahari kandi zikubye kenshi-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Itangazo ry’Inyandiko Imenyesha Imikirize y’Urubanza Ahatazwi

Perezida Kagame i Brazzaville ati“ Tuve mu magambo”

Umwanditsi
April 12, 2022

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, mu ruzinduko rw’iminsi itatu arimo mu gihugu cya Congo Brazzaville, yavuze ko abategetsi ba Africa bagomba kuva mu magambo meza y’imyaka myinshi bakajya mu bikorwa kandi bakabijyamo “nk’ibyihutirwa”.

Ku wa mbere w’iki cyumweru, Perezida Kagame yabwiye inteko ishingamategeko ya Congo Brazzaville amagambo arimo ibyo igihugu cye cy’u Rwanda cyagezeho, ibyo Africa iri kugeraho, n’imbogamizi zikiriho.

Mu ijambo yatangije amagambo macye y’igifaransa, ururimi rukoreshwa muri Congo Brazzaville, yavuze ko abanyafurika bagomba gushyira hamwe kugira ngo bubake “umugabene ukomeye”.

Perezida Kagame, yavuze ko Covid-19 yahaye isomo isi, na Africa, ryo kwitegura ibyorezo by’ahazaza.

Muri iyo ntero nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, yavuze ko u Rwanda, Senegal, na Ghana, bifashijwe n’abaterankunga, biri mu bikorwa byo gukora inkingo “zazafasha ibyo bihugu n’ahandi muri Africa”.

Yakomoje ku bufatanye bw’ibihugu mu kurwanya imitwe y’iterabwoba mu burasirazuba bwa DR Congo, anavuga ku nyungu zo kwinjira kwayo mu muryango w’ibihugu bya Africa y’iburasirazuba.

Yagize ati:” Ikibura [muri iyo migambi myiza] ni ukujyana twese hamwe tuve mu magambo tujye mu bikorwa, tukabijyamo nk’ibyihutirwa. Ntabwo twakwishimira kuvuga ibyiza imyaka n’imyaka…ariko tutabigeraho“.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5950 Posts

Politiki

4198 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga