• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/05/26
Ngamba-Kwibuka32: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barashima ko gusaba kwabo kumviswe nyuma y’imyaka 32
13/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Urugaga rw’Abikorera/PSF rwiyemeje kubakira abarokotse Jenoside batishoboye, inzu 4
13/05/26
Runda: Abanyerondo 270 barimo Abagore 13 bambitswe impuzankano(Uniform)nshya, basabwa kudakangwa n’Abanyabyaha
13/05/26
Mu itangazamakuru haracyarimo icyuho ku gukora inkuru ku ngengo y’Imari- Fulgence/FOJO

Muhanga: Abashakanye basabwe kutijandika mu makimbirane atuma abana bajya mu buzererezi

Umwanditsi
February 2, 2023

Depite Kalinijabo Barthélemy, arasaba abagize umuryango gushyira imbere ibiganiro kuko byakemura ibibazo bitandukanye bagirana, bityo bigaha umutuzo abana bawuvukamo. Asaba kandi ko batekereza ku kubyara abo bashoboye kurera kuko bituma umuryango utekana.

Iyi ntumwa ya rubanda mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, ibi yabigarutseho mu mbwirwaruhame yagejeje ku baturage bo mu murenge wa Muhanga, Akagari ka Tyazo mu gikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Mutarama 2023.

Yagize Ati” Bimaze kugaragara ko abashakanye bataganira ku bibazo byabo mu muryango. Bahora mu makimbirane kandi iyo mugiranye ikibazo mukakiganira kirakemuka amakimbirane ntakomeze kwiyongera”.

Akomeza yibutsa abaturage ko hari byinshi umuryango uhura nabyo byaba byoroshye cyangwa bikomeye, ariko ko iyo biganiriwe bishobora gutanga umuti ku bibazo byabangamira imibereho myiza. Yibutsa ko iyo bidakozwe neza bituma habaho ubuzererezi ndetse n’itandukana ry’abashakanye.

Yagize Ati” Mu muryango habamo ibintu byinshi byaba byoroshye cyangwa ibikomeye, ariko iyo bibaye mukabiganira imibereho myiza irakomeza. Mbere yo guhamagara abandi mubanze mubiganire nibinanirana muhamagare inshuti ndetse n’ubuyobozi, mu gihe byarenze imitekerereze yanyu kuko ingaruka z’ibi ziza ku bana bagafata inzira bakigira mu mijyi, bagata amashuri ubuzima bwabo bukangizwa namwe ababyeyi”.

Yongeyeho ko bimwe mu bibazo bibangamiye umuryango kurusha ibindi ari ukubyara abana umuryango utazabasha kurera. Ahamya ko hari n’aho usanga hari imiryango itarabasha kumva neza gahunda yo kuboneza urubyaro. Yibutsa ko 58% by’abanyarwanda baboneza urubyaro, ariko ko bakiri bacye cyane.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jaqueline avuga ko umuryango utekanye ari isoko y’imibereho myiza iganisha umuturage ku iterambere. Asaba abaturage ko bakwiye kumva impamvu bakwiye kubana neza bakarera abana babo bungutse.

Yongeyeho ko bigoye cyane kugira umuryango utekanye mu gihe hakigaragara abana birirwa basabiriza mu mujyi, ababyeyi babo bakibera mu tubari. Yemeza ko umuryango ufite ibibazo utuma Igihugu n’abagituye batabasha kuzamuka ngo bagere ku iterambere rirambye.

Akomeza avuga ko bamwe mu babyeyi bigize ba “ntibindeba“, ko hari igihe amategeko azatangira kubarebaho bagahanirwa kutuzuza inshingano zabo zo kurera umwana babyariye Igihugu nka Rwanda rw’ejo heza hazaza.

Abaturage bari bavuye mu gikorwa cy’umuganda, bicaye bakurikiye ibiganiro.

Mu bihe bitandukanye, mu isesengura ryakozwe n’inzego z’ubuyobozi muri aka karere, bagaragaje ko amakimbiranye hagati y’abashakanye atuma abana bava mu ngo kubera ko batitaweho, bagahitamo kuhava bakigira mu mujyi kuba inzererezi aho birirwa basabiriza ndetse ugasanga n’iyo bafatiwe mu buzererezi n’inzego z’umutekano, iyo bahamagaje ababyeyi babo banga kujya kubatwara.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5962 Posts

Politiki

4210 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1051 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga