• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/04/26
Runda-Kwibuka32: Inkotanyi ni Ubuzima, tuzahora dushimira Umutima w’Urukundo n’Ubwitange-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Rugalika-Kwibuka32: Dufite Umutima wuzuye Icyizere n’Imbaraga zo gukomeza kubaho-Benedata Zacharie
19/04/26
Rugalika/Kwibuka32: Imbaraga z’Ingabo zatsinze Abajenosideri ziracyahari kandi zikubye kenshi-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Itangazo ry’Inyandiko Imenyesha Imikirize y’Urubanza Ahatazwi

Kamonyi-Runda: Umugabo w’imyaka 26 y’amavuko yasanzwe mu nzu yabagamo yapfuye

Umwanditsi
March 6, 2024

Hagenimana Jean Claude wari utuye mu Mudugudu wa Nyabitare, Akagari ka Ruyenzi, Umurenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 05 Werurwe 2024 ahagana ku i saa munani n’igice, yasanzwe mu nzu abamo yapfuye.

Amakuru mpamo agera ku intyoza.com aturuka mu baturage, akanemezwa n’ubuyobozi bw’umurenge wa Runda uyu Nyakwigendera yari atuyemo, ahamya ko uwamubonye bwa mbere ari umuturanyi we wahise ahuruza ubuyobozi bw’Umudugudu nabwo bwihutira gutanga amakuru butabaza.

Ubuyobozi ndetse n’Abaturage bahageze bwa mbere batabaye, babanje gushidikanya ku rupfu rw’uyu Hagenimana Jean Claude, bamwe bibaza niba yapfuye abandi bavuga ko yaba akiri mu zima. Bafashe icyemezo cyo guhamagara abaganga baje n’imbangukiragutabara baturutse Kigali ari nabo bamupimye bemeza ko yapfuye.

Ndayisaba Jean Pierre Egide, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Runda, yemereye intyoza.com ko amakuru y’urupfu rwa Hagenimana Jean Claude ari impamo, kandi ko abaganga aribo babanje kuza barapima bemeza iby’urupfu rwe.

Avuga ko ku makuru bahawe, imvano y’uru rupfu ishobora kuba yatewe no kunyerera mu nzu mu cyumba cy’uruganiriro( Salon) avuye gukaraba. Avuga kandi ko uyu Nyakwigendera yabaga wenyine mu nzu, nta mugore n’umwana.

Nyuma yuko inzego zitandukanye zirimo na RIB zigeze aho Nyakwigendera yapfiriye ndetse zigakora akazi kazo, umurambo wa Nyakwigendera wahise woherezwa ku bitaro bya Remera Rukoma.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5950 Posts

Politiki

4198 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga