• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/26
Ngamba-Kwibuka32: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barashima ko gusaba kwabo kumviswe nyuma y’imyaka 32
11/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Urugaga rw’Abikorera/PSF rwiyemeje kubakira abarokotse Jenoside batishoboye, inzu 4
11/05/26
Runda: Abanyerondo 270 barimo Abagore 13 bambitswe impuzankano(Uniform)nshya, basabwa kudakangwa n’Abanyabyaha
11/05/26
Mu itangazamakuru haracyarimo icyuho ku gukora inkuru ku ngengo y’Imari- Fulgence/FOJO

Kamonyi-Rukoma: Abagizi ba nabi bishe umuturage bamuciye umutwe

Umwanditsi
May 19, 2024

Amakuru mpamo agera ku intyoza.com ni uko ahagana ku i saa mbiri n’iminota 30 z’ijoro ryo kuri uyu wa 18 Gicurasi 2024, mu Mudugudu wa Nyamabuye, Akagari ka Gishyeshye, Umurenge wa Rukoma ho mu Karere ka Kamonyi, Umugore witwa Mugeni Thamar yishwe aciwe umutwe n’abagizi ba nabi bamusanze aho aba ari naho akorera.

Aya makuru, abaturage bahaye umunyamakuru wa intyoza.com anemezwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi, aho aba bagizi ba nabi basanze Mugeni Thamar w’imyaka 43 mu nzu ya Konoshe acururizamo Inzoga n’Imineke bamwica bamutemye ijosi. Bikekwa ko hakoreshejwe icyuma.

Dr Nahayo Sylvere, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yemereye intyoza.com ko aya makuru y’iyicwa ry’uyu muturage ari impamo. Yagize ati“ Twabimenye, iperereza ririmo gukorwa ngo hamenyekane uwabikoze”.

Kumenyekana kw’aya makuru nkuko Umubyeyi wa Nyakwigendera yabitangaje, avuga ko mu rugo(aho nyakwigendera yakoreraga) haje uwitwa Dushimimana Laurent, akomanze ku muryango(urugi) yacururizagamo abura umukingurira.

Akomeza avuga ko akimara kubona ko abuze umukingurira, yagiye iwabo agarukana na Nyina wa Nyakwigendera, akoze ku rugi ngo akingure abona hadakinze, yinjiye munzu arebye asanga bamwishe. Bahise bihutira gutabaza ubuyobozi, aho inzego z’ubuyobozi zitandukanye zirimo Polisi, RIB, DASSO na RF bahise batabara.

Amakuru agera ku intyoza.com kandi, ni uko hari umwe mu baturage wahise afatwa akekwaho kuba hari aho ahuriye n’ibyabaye, bitewe n’uko yashyizwe mu majwi nk’uwari usanzwe afitanye ibibazo na nyakwigendera.

Umurambo wa Nyakwigendera woherejwe ku bitaro bya Kacyiru mu gihe iperereza ryahise ritangira ngo hashakishwe uwo ariwe wese waba wagize uruhare mu iyicwa ry’uyu muturage.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5962 Posts

Politiki

4210 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1051 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga