• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/06/26
Imodoka y’Ibitaro bya Remera Rukoma yahitanye ubuzima bw’Umuntu abandi barakomereka
10/06/26
Paris: Ibyo wamenya kuri Dr Eugène Rwamucyo watangiye Ubujurire ku byaha bya Jenoside
10/06/26
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi Abagabo 4 bakurikiranyweho ubujura bw’Inka 7
10/06/26
Remera Rukoma/Kwibuka32: Iyo hatabaho Inkotanyi na Perezida Paul Kagame Igihugu cyari kirangiye-Visi Meya Uzziel

Kamonyi-Mugina: Umugabo w’imyaka 40 yasanzwe mu myumbati yishwe asa n’uwakaswe ijosi

Umwanditsi
July 26, 2024

Muri iki gitondo tariki 26 Nyakanga 2024, ahagana ku i saa kumi n’ebyiri hamenyekanye amakuru y’uko mu Mudugudu wa Cyeru, Akagari ka Kabugondo, Umurenge wa Mugina ho mu Karere ka Kamonyi, umugabo witwa Byabarusara Faustin w’imyaka 40 y’amavuko, yasanzwe mu myumbati hafi y’inzira asa n’uwakaswe ijosi, yapfuye.

Aya makuru y’urupfu rwa Byabarusara Faustin, yageze ku intyoza.com aturutse mu baturage, anemezwa n’Ubuyobozi bw’Umurenge wa Mugina, aho Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge bwana Nsengiyumva Pierre Celestin yabwiye intyoza, ati“ Aya makuru twayakiriye, uyu muntu yishwe”.

Akomeza ati“ Ibimenyetso by’ibanze, turakeka ko yishwe kuko hari aho yakomerekejwe, inzego zirimo kubikurikirana. Yari umuturage wo mu Mudugudu wa Cyeru, Akagari ka Kabugondo, n’ubundi niho yagaragaye yiciwe hafi y’inzira ariko mu myumbati. Turacyashakisha impamvu yabyo”.

Gitifu Nsengiyumva Pierre Celestin, mu butumwa bwe abwira abaturage muri iki gitondo, yabasabye “kureka Ubugome bagahinduka, bakareka gukora ibyaha”. Avuga ko nta n’icyaha umuntu yakora cyatuma yicwa, ahubwo ko abantu bakwiye kureka Ubugome.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5979 Posts

Politiki

4226 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga