• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/04/26
Runda-Kwibuka32: Inkotanyi ni Ubuzima, tuzahora dushimira Umutima w’Urukundo n’Ubwitange-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Rugalika-Kwibuka32: Dufite Umutima wuzuye Icyizere n’Imbaraga zo gukomeza kubaho-Benedata Zacharie
19/04/26
Rugalika/Kwibuka32: Imbaraga z’Ingabo zatsinze Abajenosideri ziracyahari kandi zikubye kenshi-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Itangazo ry’Inyandiko Imenyesha Imikirize y’Urubanza Ahatazwi

Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel

Umwanditsi
July 9, 2025

Mu nteko y’abaturage yo kuri uyu wa 08 Nyakanga 2025 yabereye I Musumba, Akagari ka Gitare, Umurenge wa Nyarubaka ho mu karere ka Kamonyi, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Uzziel Niyongira yaburiye abacuruzi by’umwihariko ab’inzoga bazongera abo biba bigaragara ko basinze bikarangira zibakoresheje urugomo n’andi mabi. Yabwiye aba bacuruzi ko hageze ngo bajye birengera ingaruka z’abo basindishije.

Aganira n’aba baturage, Visi Meya Uzziel Niyongira yabanje kubabwira ko bikwiye ko abantu bagabanya ubusinzi muri ibi bihe by’impeshyi. Ati“ Iyi mpeshyi twinjiyemo, abantu ni bagabanye ubusinzi bakore cyane”.

Yababajije kandi ati“ Iyo uhisemo gusinda buri munsi uba wumva winjiza angahe? Winjiza angahe agutera guhora mu kinya? N’abayinjiza nti basinda buri munsi, wowe wabihisemo gute? Wageze kuki kigutera guhora muri Musumba wasumbye abantu”?. Yakomeje ababwira ko uko bigira uko bashaka(nabi) ari nako iherezo ryabo riba ribi.

Yagize kandi ati“ Urugomo ruba hano rukururwa n’ubusinzi. Ariko rero, mu menye ko umuntu uzongera gutanga inzoga ku muntu wasinze, uwo muntu azajya ahanwa. Bacuruzi mubyumve munadutangire ubwo butumwa. Njyewe ni nkwaka inzoga ukabona nasinze zireke kuko ibyago byose ndi buteze ni wowe uzabiryozwa”.

Visi Meya Uzziel Niyongira aganira n’abaturage i Gitare. Yaburiye Abacuruzi by’umwihariko abongera inzoga abanywi baba basinze.

Yakomeje ababwira ati“ Murashishikazwa no gucuruza ariko dushishikajwe twebwe no kugira abaturage bafite Ubuzima bwiza. Wibaze ko ayo mafaranga numpa inzoga nkakwishyura nkaza kumena ikirahure cyangwa nkagira ibindi bibi nkora nawe ugomba kubibazwa. Wampereye iki inzoga ku buryo nsinda?, waretse ngashira inyota ukambwira ngataha ko ejo wakomeza ukayicuruza?. Mu yandi magambo, ubusinzi ntabwo tubushyigikiye”.

Muri aka Kagari ka Gitare, mu byumweru hafi bibiri bishize hari bamwe mu baturage bagaragaje urugomo rudasanzwe, aho badukiriye ipikipiki ya Gitifu w’Aka Kagari bakayihingagura bakoresheje amapiki. Ni ikibazo cyatumye Visi Meya Uzziel Niyongira yihaniza abaturage nta miyaga, ababwira ko bakwiye kubaha ubuyobozi, ko niba hari ikibazo bafitanye hari inzego bakwiye kwegera bakagaragaza ikibazo ariko ibyo kwigira ibyigomeke ngo ntawe bizahira.

Uko Moto cg Ipikipiki ya Gitifu bayihingaguye.

Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5950 Posts

Politiki

4198 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga