Huye: Urumogi ibiro 480, Kanyanga Litiro 460 na Litiro z’Ibikwangari byangijwe ku mugaragaro
Mu bukangurambaga bwa Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego ndetse n’abaturage hagamijwe gukumira ibyaha, mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Huye, Polisi, Ubushinjacyaha, Ubugenzacyaha/RIB ndetse n’abaturage bangije mu ruhame ibiyobyabwenge byafashwe mu bihe bitandukanye birimo, Urumogi, Kanyanda n’inzoga z’Ibikwangari.
CIP Hassan Kamanzi, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo yabwiye intyoza.com ko ibyangijwe bigizwe; Urumogi ibiro birenga 480, Kanyanga Litiro zirenga 460 ndetse na Litiro zirenga 35 z’Igikwangari.
Avuga ko ibi biyobyabwenge byose byangirijwe mu ruhame hagamijwe gukumira ingaruka mbi byari kuzagira ku buzima bwa baturage ariko kandi no kwereka abaturage ko ibi ari ibyangiza ubuzima bw’ababikoresha, bikaba binahanwa n’amategeko ku babifatanywe, baba babitunda, babicuruza cyangwa se babinywa.
CIP Hassan Kamanzi, avuga ko ifatwa ndatse n’iyangizwa ryabyo ari umusaruro Polisi ishingiraho igaragaza ko abaturage bamaze gusobanukirwa ko umutekano ari ishingano rusange kandi ko ubufatanye bwa buri wese ariwo musingi wo kubuwungabunga.
Polisi y’u Rwanda, iraburira buri wese wishora mu ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ababitunda kimwe n’ababicuruza ko itazigera yihanganira uwo ariwe wese, ko uzajya abifatirwamo wese azajya ashyikirizwa Ubugenzacyaha/RIB, agashyikirizwa amategeko.
intyoza
No Comment! Be the first one.