• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/06/26
Remera Rukoma/Kwibuka32: Iyo hatabaho Inkotanyi na Perezida Paul Kagame Igihugu cyari kirangiye-Visi Meya Uzziel
08/06/26
Kamonyi-Rukoma: Depite Muzana Alice, yasabye abaturage kudahingira inda gusa, kurya
08/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Ibihe byo Kwibuka si ibihe byo kwiyamamaza cyangwa kwishakira icyubahiro-Zacharie Benedata/Ibuka
08/06/26
Ruhango-Bweramana: Polisi yataye muri yombi uwari wibye asaga Miliyoni na Magana arindwi (1,700,000Fr)

Kamonyi: Insengero 96 zafunzwe

Umwanditsi
March 5, 2018

Igikorwa cyo gusuzuma no kugenzura insengero z’amadini n’amatorero zitujuje ibyangombwa cyabaye kuri uyu wa mbere tariki 5 Werurwe 2018 mu karere ka Kamonyi. Insengero zasuwe ni 211 hafungwa 96 zitagira icyangombwa.

Nyuma y’inkubiri yo gufunga insengero z’amatorero n’amadini zitujuje ibyangombwa mu mujyi wa Kigali, Akarere ka Kamonyi nako kuri uyu wa mbere tariki 5 Werurwe 2018 kinjiye mu gikorwa cyo gufunga insengero zitujuje ibyangombwa. Izafunzwe ni 96 izindi nazo zigira ibyo zivugwaho.

Alice Kayitesi, Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi yatangarije intyoza.com ati ” Uyu munsi ku wa 05 /03/2018 mu Karere ka Kamonyi habaye igikorwa cyo kugenzura Amadini n’Amatorero, Hasuwe Amadini n’Amatorero 211, Hafuzwe Amadini n’Amatorero 96, Amadini n’Amatorero yagiriwe inama ni 13, Amadini n’Amatorero yujuje ibyangobwa ni 115.” Akomeza avuga ko igikorwa kigomba gukomeza tariki 6 Werurwe 2018.

Ikibazo cy’ifungwa ry’insegero zitujuje ibyangombwa cyatangiriye mu mujyi wa Kigali mu matariki 20 Gashyantare 2018 aho hafunzwe izigera kuri 700. Ni ikibazo kandi Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagarutseho mu mwiherero wa 15 wahuje abayobozi bakuru b’Igihugu. Umukuru w’Igihugu yibajije niba izo Nsengero ari Robine ziha amazi abaturage cyangwa se niba ari inganda zifitiye akamaro abaturage.

Insengero ahanini zafunzwe, ni izo basangaga zisengerwamo nyamara zikiri mu nyubako( muri chantier), izo wasangaga ari ibintu abazisengeramo bagondagonze, ahari za hangari zitagira n’ubwiherero, iziri mu nzu zitagenewe insengero nk’inzu y’ubucuruzi, izo guturamo n’ibindi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. mugwishe says:
    March 23, 2018 at 2:34 pm

    Gufunga insengero bishyize mugaciro!urwacu twahoraga tuvuga ibyo tuzakora byaratunaniye ariko aho barufungiye twahise duhinduka abasilimu.ni agashyi keza rwose!!!! keretse ababona ko agasengero kabo ari butike wenda!!!!!!

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5976 Posts

Politiki

4223 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga