• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/06/26
Remera Rukoma/Kwibuka32: Iyo hatabaho Inkotanyi na Perezida Paul Kagame Igihugu cyari kirangiye-Visi Meya Uzziel
08/06/26
Kamonyi-Rukoma: Depite Muzana Alice, yasabye abaturage kudahingira inda gusa, kurya
08/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Ibihe byo Kwibuka si ibihe byo kwiyamamaza cyangwa kwishakira icyubahiro-Zacharie Benedata/Ibuka
08/06/26
Ruhango-Bweramana: Polisi yataye muri yombi uwari wibye asaga Miliyoni na Magana arindwi (1,700,000Fr)

Kamonyi: Umwana w’imyaka 13 yaguye mu kirombe cy’amabuye y’agaciro

Umwanditsi
June 25, 2018

Ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro giherereye mu Murenge wa Runda, Akagari ka Kabagesera mu Mudugudu wa Rubuye, kuri uyu wa 24 Kamena 2018 cyahitanye umwana w’umuhungu w’imyaka 13 wari ugiye gushaka amabuye y’agaciro.

Kuri iki cyumweru tariki 24 Kamena 2018 ahagana i saa sita n’igice z’amanywa, umwana w’imyaka 13 y’amavuko yahitanywe n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro ubwo we n’abandi babiri bari bagiye gucukura amabuye y’agaciro muri iki kirombe giherereye mu Murenge wa Runda, Akagari ka Kabagesera ho mu Mudugudu wa Rubuye.

Amakuru y’urupfu rw’uyu mwana yemezwa kandi n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kabagesera iki kirombe giherereyemo. Yabwiye intyoza.com ati ” Ni ikirombe kiba mu Mudugudu wa Rubuye cy’uwitwa James Mulisa ufite Kampanyi, umwana yari kumwe n’abandi babiri, ako k’imyaka 13 niko kapfuye, akandi byagafashe amaguru ariko kabona uko kavamo ntacyo kabaye.”

Nyiri iki kirombe nubwo ubuyobozi buvuga ko kitakoraga, twagerageje ku mushaka kuri terefone ye ngendanwa turamubura, tumuha ubutumwa bugufi nti twabona igisubizo. Iki kirombe kivugwa ko kitakoraga nta muzamu cyagiraga, ibintu ubuyobozi nabwo bubona nk’ikibazo.

Amakuru agera ku intyoza.com kandi ahamya ko iki kirombe cyanacukurwaga hashingiwe ku byangombwa byitwa ko nyiracyo yari akiri mu bushakashatsi(igerageza), nta cyangombwa nyacyo cyo gucukura. Abaganiriye n’umunyamakuru kandi bahamya ko imicukurire yo mu birombe mu Karere ikomeje guteza ibibazo bitandukanye bijyanye n’uburyo ubu bucukuzi bukorwamo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5976 Posts

Politiki

4223 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga