• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/02/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage
27/02/26
Kamonyi: ½ cy’Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi
27/02/26
Kamonyi-Ngamba: Machine (Laptop) yabaye igitambo cya Gitifu watewe n’Abagizi ba nabiku
27/02/26
Kamonyi-Mugina: Guhabwa inguzanyo ya VUP bisaba icya 10 (1/10) mu zibanze( Gushingamo Umuheha)

Utekereza gufata ku ngufu umukobwa, yaba mukuru yaba muto araza kubyibagirwa, abireke-Busingye

Umwanditsi
November 21, 2018

Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru ku kicaro gikuru cya Polisi ku kacyiru tariki 16 Ugushyingo 2018, Minisitiri w’Ubutabera, Busingye Johnston yavuze yeruye ndetse aburira abagitekereza gukora ihohotera rishingiye kugitsina n’ibindi byaha birimo ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge kubireka cyangwa bakajyanwa gutuzwa muri Gereza ya Mageragere.

Minisitiri Busingye, avuga ko icyo nk’abanyarwanda bafite abo bahagarariye mu buryo butandukanye bagomba kwiyemeza ndetse bagomba no guhora bavuga ari ukutarambirwa kurwanya ibyaha bitandukanye, by’umwihariko Ugufata ku ngufu ndetse n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.

Avuga ku bijyanye no gufata ku ngufu, yagize ati” Umuntu utekerereza mu gufata ku ngufu, yaba umukobwa mukuru yaba muto, araza kubyibagirwa abireke. Niwe ugomba kubireka kuko twebwe muri gahunda yo kubirwanya nta gahunda yo kubireka cyangwa iyo kugenda gahoro irimo, gahunda ihari ni iyo gukomeza.”

Akomeza avuga ko imwe mu nzira yatuma ibi byaha birwanywa ari ugutanga amakuru ( gudaceceka). Yaboneyeho gusaba buri wese by’umwihariko itangazamakuru gukora inkuru zikangurira abantu bose kudaceceka imbere y’ibyaha nk’ibi by’umwihariko icyo gufata kungufu. Avuga ko nubwo waba ukuze ndetse warubatse igihe bizagaragara ko wafashe ku ngufu bazagutwara ukajya kubiburana.

Avuga ku ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, yagize ati” Wowe wakwihindura indogobe itwara ibiyobyabwenge, ngo mu muryango ( Society) hari impuhwe! izo mpuhwe zishingiye kuki? Niba mureba hanze aha mukareba ingaruka za biriya bintu, mukareba abana bacu batoya bari muri biriya bintu aho bageze, umuntu wihinduye Ipunda y’ibiyobyabwenge akabishyira aho ashatse hose, muramushakaho iki? mwaretse agatura Mageragere.”

Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye yashimangiye ko Leta n’inzego bafatanya batazahwema kurwanya ibyaha by’umwihariko Ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ndetse n’iby’ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Avuga ko nta mpuwe kubabifatiwemo, ko ibyiza ari ukubakura mu muryango bakajyanwa gutura muri Gereza ya Mageragere bakajya banizihiza isabukuru yabo y’amavuko ariho bari.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5931 Posts

Politiki

4180 Posts

Ubuhinzi

151 Posts

Ubukungu

1041 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

155 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga