• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/04/26
Runda-Kwibuka32: Inkotanyi ni Ubuzima, tuzahora dushimira Umutima w’Urukundo n’Ubwitange-Depite Nyabyenda Damien
17/04/26
Rugalika-Kwibuka32: Dufite Umutima wuzuye Icyizere n’Imbaraga zo gukomeza kubaho-Benedata Zacharie
17/04/26
Rugalika/Kwibuka32: Imbaraga z’Ingabo zatsinze Abajenosideri ziracyahari kandi zikubye kenshi-Depite Nyabyenda Damien
17/04/26
Itangazo ry’Inyandiko Imenyesha Imikirize y’Urubanza Ahatazwi

Polisi yashwiragije abayoboke ba Martin Fayulu I Kinshasa

Umwanditsi
January 21, 2019

Polisi y’Igihugu cya Kongo Kinshasa ( PNC) kuri uyu wambere tariki 21 Mutarama 2019 yaburijemo inama y’abayoboke b’ihuriro LAMUKA ry’amashyaka atavuga rumwe na Leta, ari nayo yari yatanze Martin Fayulu nk’umukandida mu matora y’umukuru w’Igihugu.   

Ibihumbi n’ibihumbi by’abayoboke b’ihuriro LAMUKA baturutse mu mpande zitandukanye z’umujyi wa Kinshasa, bashwiragijwe na Polisi y’Igihugu ibabuza guhurira ahari hateguwe ngo bumve ubutumwa Martin Fayulu yari yagennye.

Michee Mangala, umuyobozi w’ungirije w’urubyiruko rwibumbiye muri iri huriro yabitangaje ko polisi yaje aho bari bateraniye igashwiragiza abari bahari, bagakwira imishwaro nta busobanuro butanzwe. Podium ( uruhimbi) rwatwawe ahantu hatazwi n’abashinzwe umutekano.

Ati “ Perezida Martin Fayulu yagombaga kugeza ijambo kubaturage b’abanyekongo, ariko twatunguwe n’uko Polisi yatubujije guhura.” Iri huriro ritangaza kandi ko hari bamwe mu bayoboke baryo bari mukazi batawe muri yombi na Polisi n’igisirikare.

Benshi mubayoboke b’iri huriro biganjemo urubyiruko, bagumye igihe kirekire ahari hateguwe kubera iri huriro, bategereje ko Martin Fayulu ahagera. Abagize iri huriro basaba ko ukuri kwajya ahagaragara ku majwi yo mu matora y’umukuru w’Igihugu yatsinzwe na Felix Tshisekedi wanamaze kwemezwa n’urukiko rurinda iremezo ry’itegeko nshinga ko ariwe Perezida, mu gihe aba bayoboke ba LAMUKA nabo bavuga ko umukandida wabo Martin Fayuku ariwe wayatsinze.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5950 Posts

Politiki

4198 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga